Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dominic Ongwen Yakatiwe Gufungwa Imyaka 25
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Dominic Ongwen Yakatiwe Gufungwa Imyaka 25

admin
Last updated: 06 May 2021 8:36 pm
admin
Share
SHARE

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwahamije ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu Dominic Ongwen wari umwe mu bayobozi b’inyeshyamba za Lord’s Resistance Army (LRA), rumukatira gufungwa imyaka 25.

Uyu mugabo w’imyaka 45 muri Gashyantare nibwo yahamjwe ibyaha 61 birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, ubucakara bushingiye ku gitsina n’ibindi byinshi, byakozwe ahagana mu mwaka wa 2000 n’inyeshyamba za LRA, ziyoborwa na Joseph Kony.

Ongwen yakomezaga kuvuga ko akwiye kubabarirwa kuko yinjiye muri uwo mutwe akiri umwana, ashimuswe.

Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 20 kubera ko uburyo yabayeho bukwiye gutuma agabanyirizwa ibihano, aho gukatirwa hagati y’igifungo cy’imyaka 30 no gufungwa burundu yateganyirizwaga.

Abagizweho ingaruka n’ibikorwa bya Ongwen bo bamusabiraga gufungwa burundu.

Inyeshyamba ziyobowe na Kony zishinjwa ko zishe abaturage 100.000  ndetse abana barenga 60.000 bagashimutwa, nk’uko bitangazwa n’Umuryango w’Abibumbye.

Ibyo bikorwa byageze mu bihugu bya Sudan, Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Repubulika ya Centrafrique.

Ongwen yishyikirije ingabo za Amerika zari mu bikorwa byo guhiga Kony muri Repubulika ya Centrafrique, mu mwaka wa 2015. Nibwo yahise ajyanwa muri ICC.

TAGGED:Dominic OngwenfeaturedLRA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Alan Boileau Yongeye Kwigaragaza, Eyob Metkel Atahana Umwenda W’Umuhondo
Next Article Inkingo Za COVID-19 Zishobora Gutangira Gukorerwa Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?