Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr Diane Gashumba Na Prof Shyaka Bagizwe Ba Ambasaderi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Dr Diane Gashumba Na Prof Shyaka Bagizwe Ba Ambasaderi

admin
Last updated: 13 June 2021 6:04 am
admin
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yemeje Dr. Diane Gashumba wahoze ari Minisitiri w’Ubuzima nka ambasaderi w’u Rwanda mu bwami bwa Suede, mu gihe Prof Shyaka Anastase wahoze ari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yagizwe ambasaderi muri Pologne.

Ntabwo ari amazina mashya muri politiki y’u Rwanda kuko Dr Gashumba yabaye Minisitiri w’Ubuzima, kugeza ubwo yeguraga ku wa 14 Gashyantare 2020.

Icyo gihe Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byemeje ko “Uku kwegura kuje gukurikira amakosa akomeye n’imiyoborere idakwiye yakomeje kugaragaza.”

Yahawe inshingano zo kuyobora Minisiteri y’Ubuzima tariki ya 04 Ukwakira 2016 asimbuye Dr Agnes Binagwaho. Nyuma yo kwegura yaje gushinjwa amakosa akomeye ajyanye n’imyiteguro yo guhangana n’icyorezo cya Covid-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbere yo kujya muri Minisiteri y’Ubuzima, yabaye Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, umwanya yamazeho amezi atandatu n’iminsi umunani. Mbere yabaye Umuyobozi w’Ibitaro bya Kibagabaga ndetse aza no kuyobora ibya Muhima.

Ni mu gihe Prof Shyaka we yakuwe muri Guverinoma muri Werurwe uyu mwaka, asimburwa na Gatabazi Jean Marie Vianney.

Yabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu kuva muri Kanama 2018, nyuma y’igihe ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB.

Mu bandi bagizwe ba ambasaderi harimo James Gatera wagizwe ambasaderi muri Israel. Yasimbuyeyo Col Joseph Rutabana uheruka kugirwa ambasaderi muri Uganda. Gatera yayoboye inzego zitandukanye zirimo Banki ya Kigali na Crystal Ventures Ltd.

Ni mu gihe Michel Sebera wari umaze igihe kinini ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yoherejwe muri ambasade mu Buholandi nka Minister counsellor. Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi iyoborwa na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe.

- Advertisement -

TAGGED:Dr Diane GashumbafeaturedProf Shyaka Anastase
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amasaha y’Ingendo Yasubijwe Saa Tatu Z’ijoro
Next Article Umwaka Wa 2021 Uzarangira Hakingiwe Abanyarwanda Miliyoni 5- Dr Ngamije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?