Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr Mbonimana Wahoze Ari Depite Aburira Abasoma Manyinya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dr Mbonimana Wahoze Ari Depite Aburira Abasoma Manyinya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 November 2023 9:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Mbonimana Gamariel wahoze ari Umudepite avuga ko nyuma yo kuva mu Nteko yeguye kubera isindwe yaje gukena ndetse aza guteza ibibanza bibiri yanga ko ibye babiteza cyamunara.

Hari n’imodoka ze yagurishije zo mu bwoko bwa Jeep RAV 4.
Avuga ko afite gahunda yo gushinga ihuriro rifasha abantu kureka inzoga yise Sober club.

Yari aherutse no gusohora igitabo yise “Imbaraga z’Ubushishozi” gikubiyemo impanuro yageneye urubyiruko zo kwirinda ibiyobyabwenge.

Kigizwe n’ibice bitanu : Ubuhamya bwa Dr Mbonimana Gamariel, Umurage w’ubushishozi bwa Perezida Paul Kagame, Ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bugenewe urubyiruko, Amahitamo asobanutse no kugenda mu nzira y’ubushishozi.

Dr Mbonimana yavuze ko nyuma yo kuva mu Nteko, yakennye cyane.

Ati “Nagurishje ibibanza byanjye biri iGahanga, Kicukiro, na Jeep RAV4, ntangaho ingwate inzu yange kubera kutishyura neza inguzanyo.Icyo gihe Bank yari imereye abi.”

Uyu mugabo w’imyaka 43 yavuze ko iri huriro rizatangira nabona ubushobozi.

Ati “Ndi kureba uko nabona ubushobozi.”

Yongeyeho ko iri huriro rizafungurira amarembo buri wese wabaswe n’inzoga n’undi wifuza kuzinywa mu rugero, abigisha uko bagenda bazireka.

Imibare yo mu mwaka wa 2021-2022 y’Ikigo kita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe cya Ndera kivuga ko abafite ibibazo byo mu mutwe bitewe no kunywa inzoga bari abantu 449 mu bantu 76,768 bafite ibibazo byo mu mutwe.

Abari bafite ibibazo bifitanye isano n’inzoga bari 118 mu 5049 bajyanywe muri ibyo Bitaro.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC , kivuga ko abanywa inzoga biyongereye ugereranyije na 2013 bari 41% naho mu 2022 baba 48%.

TAGGED:DepitefeaturedMbonimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Imiti Yo Mu Bimera Yakuwe Ku Isoko Ry’u Rwanda
Next Article Biranugwanugwa Ko Hamas Ishaka Imishyikirano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Umusaruro Mbumbe W’ u Rwanda Wazamutseho 11.8% Mu Gihembwe Cya Gatatu

FDLR Yarwanye Na Mai Mai

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

You Might Also Like

Imyidagaduro

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?