Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr. Nsanzabaganwa Yatorewe Kungiriza Umuyobozi Wa Afurika Yunze Ubumwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dr. Nsanzabaganwa Yatorewe Kungiriza Umuyobozi Wa Afurika Yunze Ubumwe

taarifa@media
Last updated: 06 February 2021 10:17 pm
taarifa@media
Share
SHARE

Dr. Monique Nsanzabaganwa usanzwe ari visi Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda kumyaka 50 yatorewe kuba umuyobozi mukuru w’ungirije w’umuryangowo wa Afurika yunze ubumwe.

Yatsinze kubwiganze bw’amajwi 42 muri 55 y’abatora. Amatora yabereye mu nama isanzwe ya 34 y’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe.

Kuri uyu mwanya, Dr. Nsanzabaganwa asimbuye Quartey Thomas Kwesi wari umazeho imyaka 4 kuri uyumwanya.

Azaba yungirije Dr. Moussa Faki Mahamat nawe wongeye gutorerwa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu yindi manda y’imyaka 4 .

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri uyumwanya yari ahatanye n’abakandida babiri barimo umunya Djibuti, Hasna Barkat Daoud, wigeze kuba Minisitiri w’Urubyiruko, Imikino n’Ubukerarugendo aho yagize amajwi abiri n’umugande Pamela Kasabiiti Mbabazi usanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Igenamigambi muri Uganda
Mumezi 2 ashize.

U Rwanda rwatanze Dr. Nsanzabaganwa nk’umukandida warwo kuri uyu mwanya igihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr. Vincent Biruta, yakiraga abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda umwaka ushize wa 2020.

Dr. Nsanzabaganwa asanzwe ari Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda kuva muri 2011.

Yabayeho Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda guhera 2008 kugeza mu 2011, ndetse yanabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi kuva mu 2003-2008.

Dr. Nsanzabaganwa afite uburambe burengeje imyaka 20 mumiyoborere akaba afite impamyabumenyi y’icyiciro cya 2 cya Kaminuza mu ishami ry’ubukungu.

- Advertisement -

Mumwaka wa mu 2012 yabonye impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu PhD.

Dr Monique Nsanzabaganwa ayoboye Inama y’ubutegetsi y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare,
akaba n’Umuyobozi Mukuru wungirije wa Unity Club.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yatangiye Kuyobora AU, Ingingo Z’Ingenzi Z’Ijambo Rye
Next Article CHAN 2020: Cameroon Yakiriye Irushanwa Yatashye Amara Masa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?