Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr. Phillip Mpango Yagizwe Visi Perezida Wa Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Dr. Phillip Mpango Yagizwe Visi Perezida Wa Tanzania

Last updated: 30 March 2021 12:58 pm
Share
SHARE

Perezida Samia Suluhu Hassan yashyizeho Dr Phillip Mpango w’imyaka 63 nka visi perezida we, ndetse yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania.

Umwanya wa Visi Perezida nta muntu wari uwurimo nyuma y’uko Samia Suluhu Hassan wari uwumazemo imyaka isaga itanu yari amaze kurahira nka perezida, asimbuye Dr. John Pombe Magufuli uheruka kwitaba Imana.

Kugeza uyu munsi Dr Phillip Mpango yari Minisitiri w”Imari n’Igenamigambi wa Tanzania, kuva mu Ugushyingo 2015. Ni inzobere mu bijyanye n’ubukungu.

Dr. Mpango yabaye Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro cya Tanzania mu buryo bw’agateganyo, aba Umunyamabanga Mukuru mu biro bya perezida ushinzwe igenamigambi, Umunyamabanga uhoraho wungirije muri Minisiteri y’Imari n’Umujyanama wihariye wa Perezida ushinzwe ibijyanye n’ubukungu.

Yanabaye umuyobozi w’akanama ngishwanama ka Perezida wa Tanzania mu bijyanye n’ubukungu, impuguke mu bukungu muri Banki y’Isi n’indi myanya ikomeye ijyanye n’ubukungu n’igenamigambi.

Biteganyijwe ko Dr Mpango azarahirira inshingano nshya uri uyu wa Gatatu tariki 31 Werurwe, mu biro by’Umukuru w’Igihugu mu murwa mukuru Dodoma.

TAGGED:Dr Phillip MpangofeaturedSamia Suluhu Hassan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burusheti, Akabenzi,…Uko Inyama Abanyarwanda Barya Hanze Y’Ingo Zabo Zibanduza
Next Article I&M Bank Rwanda Yungutse Miliyari 5.1 Frw Mu 2020
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Amerika Yagabye Igitero Muri Syria

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

You Might Also Like

Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?