Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abana Bato Bari Kwigishwa Kwanga u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Abana Bato Bari Kwigishwa Kwanga u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2023 3:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari video iri kuri Twitter abana biga muri rimwe mu mashuri abanza yo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo basubiramo amagambo irimo urwango ku Rwanda.

Iryo tsinda ry’abanyeshuri ubona bari mu kigero cy’imyaka iri hagati y’umunani na 13 bavuga amagambo yumvikanamo kwanga u Rwanda kandi bakabikorera imbere ya bagenzi babo n’abarimu.

Humvikanamo umwe mu bakobwa bato wiga aho abaza bagenzi be aho buri wese aturuka.

Hagati harimo umuhungu muremure wari uhagarariye DRC.

Buri mwana yavugaga igihugu ahagarariye, umwe akaba ahagarariye Angola, Sudani y’epfo, undi Tanzania, Congo-Brazzaville, Burundi, u Rwanda, Uganda, Zambia gutyo gutyo..

En République démocratique du Congo (#RDC), on enseigne tranquillement la haine et la xénophobie dès l'école primaire… pic.twitter.com/UnHOD1hi4X

— Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) June 1, 2023

Umwana  yamaze kubaza buri wese igihugu ahagarariye, akomeza abaza wa muhungu muremure wari uhagaze hagati( ugereranya DRC) igihugu cyangwa ibihugu abona ko ari umwanzi we undi asubiza ko ari u Rwanda na Uganda.

Yarahindukiye abaza umwana wari uhagarariye u Rwanda n’uwari uhagarariye Uganda impamvu batera DRC, abandi basubiza ko bayitera kubera ko ikize ariko bo bakaba bakennye.

Umukino warangijwe n’amashyi abo bana bakomewe kubera kuwukina neza.

Ibisubizo by’aba bana bihuje cyane n’ibyo abayobozi ba DRC barimo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wayo bakunze kuvuga mu mezi ashize ubwo M23 yaburaga imirwano, DRC igashinja u Rwanda kuyiba inyuma.

Hari mu Ukuboza, 2021.

Ku byerekeye Uganda, hari bamwe mu bayobozi ba DRC bavuga ko nayo hari uburyo ihengamiye kuri M23 n’ubwo imaze iminsi ifitanye imikoranire n’ubutegetsi bwa DRC mu guhashya ADF.

Na mbere y’uko iyi video isohoka( yasohotse ku ya 01, Kanama, 2023), mu mezi ashize hari imvugo z’abanyapolitiki n’abasirikare ndetse n’abapolisi bakuru bavugaga ko banga u Rwanda urunuka.

Byagaragariye ku bwicanyi bwakorerwaga abavuga Ikinyarwanda kandi bugakorwa ku mugaragaro.

Kwigisha urwango uhereye mu bana ni uburozi bw’igihe kirekire kuko baba bazarukurana bakanarusazana.

TAGGED:AbanaDRCfeaturedRwandaUrwango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubutumwa Abdallah Murenzi Afitiye Rayon Mbere Yo Guhura Na APR FC
Next Article Perezida Kagame Yitabiriye Irahira Rya Erdogan Wa Turikiya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?