Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abo Muri Sake Basabye MONUSCO Kutarwanya M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Abo Muri Sake Basabye MONUSCO Kutarwanya M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 February 2024 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 12, Gashyantare, 2024 hari abaturage bo mu gace ka Sake babwiye abasirikare ba MONUSCO ko badashyigikiye ko bakomeza gukorana n’ingabo za DRC kuko ari umwanzi.

Bavuga ko kuba MONUSCO iri kurwanya M23 biri gutuma uyu mutwe utabona uburyo bwo kubitaho kandi ari wo babonamo ubuhungiro.

Hagati aho amakuru avuga ko abarwanyi ba M23 bari kurya “isataburenge” ingabo za DRC n’ibirindiro bya MONUSCO biri ahitwa Kihuli hafi ya Sake.

Abatuye aka agace ubwo babonaga abasirikare ba MONUSCO buriye imodoka zitamenwa n’amasasu bagiye kurwanya M23, babegereye bababwira ko ibyo bagiye gukora batabishaka, ko bari gufasha umwanzi wabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gihe ibi bivugwa, ku rundi ruhande, hari ingabo nyinshi za DRC n’ibikoresho byazo zamaze kugera i Goma.

Ni abasirikare badasanzwe[abakomando] bo mu ngabo za DRC bageze muri kiriya gice ngo bagihereho bigarurira ibindi bice M23 yari imaze iminsi yarafashe.

Abakomando ba DRC baje guhangamura abarwanyi ba M23

Kugeza ubu abakurikiranira hafi ibibera muri kiriya gice cya DRC bemeza ko intambara iri kuhabera ishobora gufata indi ntera niba ibiganiro by’amahoro bidatangijwe vuba ngo bigere ku masezerano y’amahoro.

Africa Intelligence imaze igihe gito itangaje ko hari ibiganiro biri kuba cyangwa se biri gutegurwa hagati ya M23 n’ubutegetsi bwa DRC, bikaba ku buhuza bw’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba n’ubw’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe binyuze muri Joao Lorenço uyobora Angola.

Icyakora Perezida wa DRC Felix Tshisekedi we yavuze ko nta biganiro yagirana na M23 ashinja ko ifashwa n’u Rwanda.

- Advertisement -
TAGGED:featuredGomaIngaboM23SakeTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Luvumbu Yakoze Ikimenyetso Nk’Icya Muyaya Biteza Ikibazo Mu Banyarwanda
Next Article Hari Igihe Umuntu Aba Agomba Kwimenya-Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?