Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Amajwi Yamagana Ihindurwa Ry’Itegeko Nshinga Ari Kwiyongera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Amajwi Yamagana Ihindurwa Ry’Itegeko Nshinga Ari Kwiyongera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2024 1:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Baramagana uwo ari we wese washaka guhindura itegeko nshinga rya DRC(Ifoto@Radio Okapi)
SHARE

Abanyapolitiki, Sosiyete sivile n’abanyamategeko baramagana ibyo ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi buteganya byo guhindura Itegeko Nshinga rya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abahagarariye izo nzego baherutse kubwira itangazamakuru ko guhindura Itegeko Nshinga bitazabura kugira ingaruka ku gihugu muri rusange kuko bishobora kuzazamura imyiryane mu baturage.

Basohoye itangazo bahuriyeho ryamagana icyifuzo cy’ishyaka riri ku butegetsi cyo guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo rihe Perezida Tshisekedi uburenganzira bwo kwiyamamariza manda ya gatatu.

Abategura ibyo guhindura ririya tegeko bavuga ko kurihindura rizatuma Tshisekedi akomeza guhangana n’imitwe imurwanyiriza mu Burasirazuba bw’igihugu cye harimo na M23.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iyo ngingo bamwe bavuga ko itazabuza ko ibintu bikomeza gucika kuko bizatuma hirya no hino mu gihugu haduka imidugararo y’ababyamagana.

Bavuga ko iyo midugararo izarushaho gutuma umutekano udogera, ukagera no mu bice byari bisanzwe bitekanye.

Mu kiganiro n’itangazamakuru abavuga ibi baherutse gukora, batangaje ko hari ubukangurambaga bugenewe urubyiruko bwo kwamagana guhindura Itegeko Nshinga bwatangijwe.

Urubyiruko-muri ubwo bukangurambaga-rubwirwa ko ari rwo rukwiye gufata mu biganza ejo hazaza h’igihugu, rukanga ko  Tshisekedi ahindura Itegeko rigenga andi yose kigenderaho.

Kuri bo, kuvuga ko guha Tshisekedi indi manda ari byo bizatuma atsinda inyeshyamba bidahuje n’ukuri.

- Advertisement -

Basanga kurihindura nta kindi byafasha kitari uguha Tshisekedi amahirwe yo kuguma ku butegetsi.

Biyemeje gutangiza hirya no hino mu gihugu ibikorwa byo kwamagana icyo gitekerezo haba imbere muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse no mu baturage bayo baba imahanga.

Kiliziya Gatulika yo muri iki gihugu iherutse kwamagana ibyo guhindura itegeko nshinga ryacyo, ikavuga ko kubikora byaba ari ikosa rya politiki rikomeye.

TAGGED:GatulikaItegekoKiliziyaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tayla, Umuhanzi Wamamaye Vuba Kurusha Abandi Ku Rwego Rw’Isi
Next Article Abana Bakwiye Gukurana Indangagaciro Za Kimuntu- Jeannette Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?