Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Amajwi Yamagana Ihindurwa Ry’Itegeko Nshinga Ari Kwiyongera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Amajwi Yamagana Ihindurwa Ry’Itegeko Nshinga Ari Kwiyongera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2024 1:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Baramagana uwo ari we wese washaka guhindura itegeko nshinga rya DRC(Ifoto@Radio Okapi)
SHARE

Abanyapolitiki, Sosiyete sivile n’abanyamategeko baramagana ibyo ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi buteganya byo guhindura Itegeko Nshinga rya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abahagarariye izo nzego baherutse kubwira itangazamakuru ko guhindura Itegeko Nshinga bitazabura kugira ingaruka ku gihugu muri rusange kuko bishobora kuzazamura imyiryane mu baturage.

Basohoye itangazo bahuriyeho ryamagana icyifuzo cy’ishyaka riri ku butegetsi cyo guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo rihe Perezida Tshisekedi uburenganzira bwo kwiyamamariza manda ya gatatu.

Abategura ibyo guhindura ririya tegeko bavuga ko kurihindura rizatuma Tshisekedi akomeza guhangana n’imitwe imurwanyiriza mu Burasirazuba bw’igihugu cye harimo na M23.

Iyo ngingo bamwe bavuga ko itazabuza ko ibintu bikomeza gucika kuko bizatuma hirya no hino mu gihugu haduka imidugararo y’ababyamagana.

Bavuga ko iyo midugararo izarushaho gutuma umutekano udogera, ukagera no mu bice byari bisanzwe bitekanye.

Mu kiganiro n’itangazamakuru abavuga ibi baherutse gukora, batangaje ko hari ubukangurambaga bugenewe urubyiruko bwo kwamagana guhindura Itegeko Nshinga bwatangijwe.

Urubyiruko-muri ubwo bukangurambaga-rubwirwa ko ari rwo rukwiye gufata mu biganza ejo hazaza h’igihugu, rukanga ko  Tshisekedi ahindura Itegeko rigenga andi yose kigenderaho.

Kuri bo, kuvuga ko guha Tshisekedi indi manda ari byo bizatuma atsinda inyeshyamba bidahuje n’ukuri.

Basanga kurihindura nta kindi byafasha kitari uguha Tshisekedi amahirwe yo kuguma ku butegetsi.

Biyemeje gutangiza hirya no hino mu gihugu ibikorwa byo kwamagana icyo gitekerezo haba imbere muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse no mu baturage bayo baba imahanga.

Kiliziya Gatulika yo muri iki gihugu iherutse kwamagana ibyo guhindura itegeko nshinga ryacyo, ikavuga ko kubikora byaba ari ikosa rya politiki rikomeye.

TAGGED:GatulikaItegekoKiliziyaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tayla, Umuhanzi Wamamaye Vuba Kurusha Abandi Ku Rwego Rw’Isi
Next Article Abana Bakwiye Gukurana Indangagaciro Za Kimuntu- Jeannette Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?