Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Hadutse Umukandida Uvuga Ko Ari Intumwa Y’Imana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Hadutse Umukandida Uvuga Ko Ari Intumwa Y’Imana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2023 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwo ni Aggrey Ngalasi, akaba ari umukandida wiyamamariza kuzaba Perezida wa DRC mu matora azaba mu Ukuboza, 2023.

Aherutse kuvuga ko uretse imigabo n’imigambi bidasanzwe azanye mu gukemura ibibazo by’abatuye DRC, ahubwo ngo abantu bakwiye kumutora kuko yatumwe  n’Imana.

Yabwiye abanyamakuru ati: “ Imana ntijya yibeshya. Niyo yanyohereje ngo niyamamarize kuyobora DRC. Nzi neza ko iki gihugu kizahinduka kikaba Paradizo kandi ibyo muzabibona bidatinze.”

Pasiteri Ngalasi asanzwe ayobora Kiliziya yitwa l’Eglise La Louange.

Avuga ko mu migabo n’imigambi ye, harimo ko azakora ku buryo abaturage bakanguka, bakisubiraho bityo hakabamo impinduka.

Yemeza ko natorwa, azahindura imikorere y’ingabo za DRC.

Aggrey Ngalasi avuga ko ari ngombwa ko ingabo za DRC zivugururwa, zigahabwa ibyangombwa ngo zikore akazi kazo neza, kandi ngo Imana izafasha muri ayo mavugururwa, iyobore abazayakora.

Yatangaje ko kugira ngo umuntu ayobore DRC, ari ngombwa ko aba ari inyangamugayo, yumva inshingano ze kandi akunda igihugu by’ukuri.

Abajijwe ingengo y’imari ateganye kuzakoresha mu guhindura Congo paradizo, yavuze ko kuyitangaza utarabanza ngo usuzume uko ibibazo byo mu gihugu byose biteye, byaba ari uguhubuka.

Icyakora ngo Imana izabimufashamo  kandi DRC izaba intangarugero ahandi ku isi.

Uyu mugabo, ku rundi ruhande, avuga ko ababazwa n’uko hari abakerensa ibyo avuga, bakamubona nk’umukinnyi wa BYENDAGUSETSA.

TAGGED:DRCImanaUmukandida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Pick-Ups ‘Zari Ziherutse’ Kwemererwa Gutwara Abagenzi Zahagaritswe
Next Article Inzego Z’Umutekano W’u Rwanda Mu Nteko Rusange Ya Polisi Mpuzamahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?