Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Hadutse Umukandida Uvuga Ko Ari Intumwa Y’Imana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Hadutse Umukandida Uvuga Ko Ari Intumwa Y’Imana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2023 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwo ni Aggrey Ngalasi, akaba ari umukandida wiyamamariza kuzaba Perezida wa DRC mu matora azaba mu Ukuboza, 2023.

Aherutse kuvuga ko uretse imigabo n’imigambi bidasanzwe azanye mu gukemura ibibazo by’abatuye DRC, ahubwo ngo abantu bakwiye kumutora kuko yatumwe  n’Imana.

Yabwiye abanyamakuru ati: “ Imana ntijya yibeshya. Niyo yanyohereje ngo niyamamarize kuyobora DRC. Nzi neza ko iki gihugu kizahinduka kikaba Paradizo kandi ibyo muzabibona bidatinze.”

Pasiteri Ngalasi asanzwe ayobora Kiliziya yitwa l’Eglise La Louange.

Avuga ko mu migabo n’imigambi ye, harimo ko azakora ku buryo abaturage bakanguka, bakisubiraho bityo hakabamo impinduka.

Yemeza ko natorwa, azahindura imikorere y’ingabo za DRC.

Aggrey Ngalasi avuga ko ari ngombwa ko ingabo za DRC zivugururwa, zigahabwa ibyangombwa ngo zikore akazi kazo neza, kandi ngo Imana izafasha muri ayo mavugururwa, iyobore abazayakora.

Yatangaje ko kugira ngo umuntu ayobore DRC, ari ngombwa ko aba ari inyangamugayo, yumva inshingano ze kandi akunda igihugu by’ukuri.

Abajijwe ingengo y’imari ateganye kuzakoresha mu guhindura Congo paradizo, yavuze ko kuyitangaza utarabanza ngo usuzume uko ibibazo byo mu gihugu byose biteye, byaba ari uguhubuka.

Icyakora ngo Imana izabimufashamo  kandi DRC izaba intangarugero ahandi ku isi.

Uyu mugabo, ku rundi ruhande, avuga ko ababazwa n’uko hari abakerensa ibyo avuga, bakamubona nk’umukinnyi wa BYENDAGUSETSA.

TAGGED:DRCImanaUmukandida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Pick-Ups ‘Zari Ziherutse’ Kwemererwa Gutwara Abagenzi Zahagaritswe
Next Article Inzego Z’Umutekano W’u Rwanda Mu Nteko Rusange Ya Polisi Mpuzamahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?