Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Hadutse Umukandida Uvuga Ko Ari Intumwa Y’Imana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Hadutse Umukandida Uvuga Ko Ari Intumwa Y’Imana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2023 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwo ni Aggrey Ngalasi, akaba ari umukandida wiyamamariza kuzaba Perezida wa DRC mu matora azaba mu Ukuboza, 2023.

Aherutse kuvuga ko uretse imigabo n’imigambi bidasanzwe azanye mu gukemura ibibazo by’abatuye DRC, ahubwo ngo abantu bakwiye kumutora kuko yatumwe  n’Imana.

Yabwiye abanyamakuru ati: “ Imana ntijya yibeshya. Niyo yanyohereje ngo niyamamarize kuyobora DRC. Nzi neza ko iki gihugu kizahinduka kikaba Paradizo kandi ibyo muzabibona bidatinze.”

Pasiteri Ngalasi asanzwe ayobora Kiliziya yitwa l’Eglise La Louange.

Avuga ko mu migabo n’imigambi ye, harimo ko azakora ku buryo abaturage bakanguka, bakisubiraho bityo hakabamo impinduka.

Yemeza ko natorwa, azahindura imikorere y’ingabo za DRC.

Aggrey Ngalasi avuga ko ari ngombwa ko ingabo za DRC zivugururwa, zigahabwa ibyangombwa ngo zikore akazi kazo neza, kandi ngo Imana izafasha muri ayo mavugururwa, iyobore abazayakora.

Yatangaje ko kugira ngo umuntu ayobore DRC, ari ngombwa ko aba ari inyangamugayo, yumva inshingano ze kandi akunda igihugu by’ukuri.

Abajijwe ingengo y’imari ateganye kuzakoresha mu guhindura Congo paradizo, yavuze ko kuyitangaza utarabanza ngo usuzume uko ibibazo byo mu gihugu byose biteye, byaba ari uguhubuka.

Icyakora ngo Imana izabimufashamo  kandi DRC izaba intangarugero ahandi ku isi.

Uyu mugabo, ku rundi ruhande, avuga ko ababazwa n’uko hari abakerensa ibyo avuga, bakamubona nk’umukinnyi wa BYENDAGUSETSA.

TAGGED:DRCImanaUmukandida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Pick-Ups ‘Zari Ziherutse’ Kwemererwa Gutwara Abagenzi Zahagaritswe
Next Article Inzego Z’Umutekano W’u Rwanda Mu Nteko Rusange Ya Polisi Mpuzamahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?