Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Imodoka Ya UN Yahawe Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Imodoka Ya UN Yahawe Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 February 2024 1:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abigaragambya i Kinshasa batwitse imodoka ya UN kandi babwira abakozi b’uyu muryango mabi, bagaragaza ko batabishimiye.

Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri Congo Kinshasa, akaba anakuriye ingabo z’uwo muryango zigamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo, MONUSCO, Bintou Keita, yamaganye ibyo bikorwa bigamije guhungabanya abakozi ba UN.

Bintou Keita yasabye inzego z’ubutabera muri Congo gukora iperereza, ababikoze bakabihanirwa.

Ku wa Gatandatu tariki 10, Gashyantare, 2024 byari bibi cyane i Kinshasa ku bakozi ba UN, n’abakorera ibigo by’Abanyaburayi, na za Ambasade z’ibyo bihugu nk’iya America, Ubufaransa n’Ubwongereza.

Imodoka za UN zatwitswe, abigaragambya banasahura ibigo by’Abanyaburayi.

Madamu Bintou Keita avuga ko ibitero ku bakozi ba UN cyangwa ibigambiriye abo mu miryango yabo bitemewe.

Yavuze ko biriya bitero bibangamira ibikorwa bya MONUSCO bigamije gufatanya n’ingabo za Congo kugarura amahoro n’umutekano.

UN ivuga ko yamagana ibikorwa bigamije kuyangisha rubanda bitewe n’amakuru atari yo ahabwa abaturage.

Kubera biriya bikorwa, Leta ya Congo Kinshasa yahise ikoresha inama y’umutekano, abayitabiriye barabyamagana.

Leta yiyemeje gukaza umutekano kuri za Ambasade no ku bikorwa bya MONUSCO nk’uko byatangajwe na Visi Minisitiri w’Intebe akaba Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Peter Kazadi.

Kazadi yavuze ko ibikorwa bibi ku bahagarariye imiryango mpuzamahanga cyangwa ibihugu byabo bitemewe.

Nyuma y’iyi nama, Kazadi yibukije abaturage aho umwanzi wabo ari, ko aba mu Burasirazuba bw’igihugu.

Ati “Umwanzi ari mu Burasirazuba bw’igihugu, urugamba ruri mu Burasirazuba, tugomba gushyira hamwe imbaraga tukarwanya umwanzi turi hamwe, kandi twizeye ko tuzamusubiza aho yaturutse.”

 

TAGGED:DRCfeaturedImyigaragambyoKazadiUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwejeje Toni 600,000 Z’Ibigori- MINAGRI
Next Article Ibiciro Ku Masoko Y’u Rwanda Byagabanutseho 5%-Ibarurishamibare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?