Abasore bashumitse inzu z’abapolisi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo bakorera ahitwa Ango mu Ntara ya Bas-Uele, babikora babihimuraho kuko nabo hari abasore babiri bishe k’Ubunani.
Umujinya w’abo basore watumye batwika inzu 38 z’abapolisi baba muri ako gace.
Umuyobozi wungirije wa Teritwari ya Ango aho ibyo byabereye witwa Alfred Kipa yatumije inama n’abaturage abasaba kuzibukira urugomo nk’urwo kuko rushobora gutuma abantu benshi batakaza ubuzima.
Bijya kugera kuri uru rwego, abapolisi barashe abasore babiri barimo kwishimira kurangiza umwaka barabica.
Imirambo yabo yarashyinguwe ndetse ubuyobozi buha ababyeyi babo amafaranga yo kubafasha mu mihango igendana no gushyingura.
Bamwe mu rubyiruko rwari aho baratashye bategura uburyo bazahotera bagenzi babo, nibwo biyemezaga kuzashumika inzu z’abapolisi bo muri ako gace bataretse n’iya Afande wabo.
Alfred Kapa yabwiye Radio Okapi ati: “Babanje gutwika inzu eshanu zirimo n’iya shefu wabo bapolisi, nyuma baduka no mu z’abandi batari mu rugo. Ubu twakazijije irondo mu rwego rwo gukumira ubwo bwicamategeko.”
Nyuma yo kubona ko ntaho bari burare kuko inzu zabo zari zatwitswe, abapolisi bagiye kwaka icumbi mu buyobozi bwa teritwari no kuri umwe mu miryango itari iya Leta ikorera hafi aho.


