Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Kugaruka Kwa Kabila Kwateje Impaka Mu Banyapolitiki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Kugaruka Kwa Kabila Kwateje Impaka Mu Banyapolitiki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2025 8:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwahoze uyobora Repubulika ya Demukarasi ya Congo Joseph Kabila yatangaje ko mu gihe gito kiri imbere azagaruka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu Burasirazuba bwayo. Byateje benshi kwibaza ikimuzanye muri iki gihe.

Uruhande rw’ishyaka riri k’ubutegetsi UDPS ruvuga ko nta kindi kimuzanye kitari ugukurana na M23 na AFC kuko ngo n’ubundi asanzwe ari we washinze AFC.

Ruvuga kandi ko Kabila akorana n’u Rwanda, akaba ari we wahaye akazi Corneille Nangaa uyobora AFC.

Umunyamabanga w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi i Kinshasa witwa Augustin Kabuya yagize ati: “ Ndasaba abaturage bacu kudatega amatwi cyangwa ngo bakorane neza Kabila ahubwo ko bose bakwiye gukorana na Perezida Félix Tshisekedi kuko ari we ufite indangagaciro zo gukunda igihugu cyacu. Nangaa ni umukozi wa Kabila kandi bombi bakorana n’u Rwanda”.

Kabuya avuga ko bidatangaje kuba Kabila ahisemo kugaruka mu gihugu kandi akinjirira mu gice AFC/M23 igenzura.

Ku ruhande rw’ishyaka rya Kabila ryitwa PPRD, bo bavuga ko ibyo abo ku butegetsi bavuga nta shingiro namba bifite.

Umunyamabanga Uhoraho wungirije w’iri shyaka witwa Ferdinand Kambere avuga ko ibyo Augustin Kabuya avuga bidakwiye guhabwa agaciro.

Ati: “ Ni imvugo yuizuye ibinyoma. Kubera ko babuze ayo bacira n’ayo bamira, bahitamo kwirirwa babeshya abaturage mu rwego rwo kubahuma umutima”.

Joseph Kabila aherutse kubwira Jeune Afrique ko nyuma y’igihe kirekire aba mu buhungiro, igihe kigeze ngo atahe iwabo ajye gutanga umusanzu we mu kuhagarura amahoro.

Yirinze gutangaza igihe nyacyo azatahira.

TAGGED:featuredGutahukaIntambaraKabilaPPRDUDPSUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Umukozi Wa RIB Arareganwa Na Gitifu
Next Article Gatandara Ya Rusizi Aho Interahamwe Zaririye Inyama Z’Abatutsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?