Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Ubwoba Bw’Uko Ikirunga Cya Nyamuragira Cyaruka Ni Bwinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Ubwoba Bw’Uko Ikirunga Cya Nyamuragira Cyaruka Ni Bwinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2023 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe kugenzura ibirunga giherereye i Goma cyasabye abaturage b’aho kuba biteguye ko igihe icyo ari cyo cyose bahunga kubera ko hari ibimenyetso by’uko ikirunga cya Nyamuragira ‘gishobora’ kuruka.

Ni ibimenyetso byatangiye kugaragara guhera kuri uyu wa Mbere taliki 13, Werurwe, 2023 ku gasongero kacyo.

Ibyo bimenyetso bigizwe n’umwotsi n’ivu bizamuka ku munwa wacyo kandi ibi ni bimwe mu bimenyetso bikomeye biteguza ko ikirunga kiba gishobora kuruka.

Ikindi kimenyetso abahanga basanze cyerekana ko ikirunga kiba kiri hafi kuruka ni uko inyamaswa zikurura inda( imiserebanya, ibikeri, inzoka…) zitangira guhunga.

Zihunga kuko imibiri yazo iba yamaze kumva ibimenyetso mpuruza by’uko mu nda y’isi hari ibidasanzwe biri kuhakorerwa.

Ikirunga cya Nyamuragira giherereye muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika ya Dekokarasi ya Congo.

Cya kigo gishinzwe kugenzura ibirunga biri mu Karere u Rwanda ruharereyemo (kitwa Goma Volcano Observatory)  gitangaza ko ‘ibipimo bihari by’iruka’ bivuga ko hari ibikoma byoroshye biri kuva ku ndiba kugera hejuru y’ikirunga cya Nyamuragira.

Ibyo bikoma nibyo bita abahanga bita ‘lava’ kandi biba bishyushye ku gipimo kiri hejuru ya 30,000 °C.

Iki gipimo cy’ubushyuhe kiswe Celsius bitewe n’uko uwagihimbye yitwaga Anders Celsius (1701–1744) akaba yari umuhanga mu by’ikirere wo muri Suède.

Iki nicyo gikoresho bakoresha bapima ubushhyuhe bwa Celsius

Ihame ku miterere  n’imikorere y’ibirunga ni uko uko ibiva mu nda yabyo bishyuha cyane ari nako byihuta iyo ikirunga kibisohoye.

Impuguke zo muri cya kigo twavuze haruguru zivuga ko kiriya kirunga kirutse muri iki gihe ibikoma byashokera muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Abatuye n’abaturiye umujyi wa Goma basabwe kwitondera amazi bogesha ibyombo( amasahane, amasafuriya..) kuko ashobora kutozwa neza hagasigaraho ivu ryavuye mu kirunga kandi iryo vu ni uburozi bukomeye.

Abakora ingendo zo mu kirere basabwe gukurikiza ibyerekezo birinda kunyura hejuru ya Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba yasabye abaturage gutuza bagategereza ibitangazwa.

Muri Gicurasi  2021, nabwo byari byatangajwe ko iki kirunga cyarutse ariko haza amakuru avuguruza avuga ko habayeho kwikanga.

TAGGED:featuredGomaIkirungaKivuNyamuragira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusore W’i Nyanza Yakubise Se Isuka Mu Mutwe
Next Article M23 Yavuye Mu Bice Yari Ifite, Mai-Mai Irabifata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?