Ku wa Gatandatu Tariki 13, Ukuboza, 2025 nibwo Twirwaneho ifatanya na AFC/M23, yinjiye muri Kipupu, ahitwa Bashimukindje, mu misozi ya Mwenga hakaba muri Kivu y’Amajyepfo.
Umwe mu bahatuye yabwiye ACTUALITE.CD ko batunguwe no kubona izi nyeshyamba zifite intwaro zinjiye muri Kipupu.
Uwo muturage avuga ko abaturage bamwe bahunze, akemeza ko abo muri Twirwaneho bahafashe nta sasu rivuze.
Amashusho agaragaza abasore ba Twirwaneho bagendera ku murongo umwe, nta we uvuga, nta n’isasu rivuze.
Hagati aho, amahanga arasaba akomeje ko AFC/M23 iva umujyi wa Uvira iherutse gufata.
Bavuga ko hafashwe binyuranije na bimwe mu bikubiye mu masezerano y’amahoro hagati ya Congo n’u Rwanda, kandi AFC/M23 yo ikaba iri mu biganiro na Leta ya Congo bibera i Doha.
M23 yo ivuga ko amasezerano yasinyiwe I Washington DC atayireba kuko yasinywe agamije gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo, adakemura ibibazo muzi biri muri Congo ari nabyo byatumye ifata intwaro.


