Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dubai Ntikiri Nyabagendwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Dubai Ntikiri Nyabagendwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2024 9:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imiryango myinshi muri Leta ya Dubai yasabwe kuzinga utwangushye igahunga imyuzure ikomeye yibasiye ibice byinshi by’iyi Leta imwe mu zindi zigize Leta ziyunze z’Abarabu.

Amafoto yafashwe n’ibyogajuru arerekana ukuntu amazi yageze ku rwego rwo hejuru akaba yakwiriye hose muri uyu mujyi uri mu mijyi iteye imbere mu bikorwa remezo kurusha indi ku isi.

Amazi yabaye menshi cyane cyane mu bice birimo n’aho abagenzi bategera za gari ya moshi ndetse n’ibindi bikorwaremezo by’ubwikorezi n’itumanaho byangiritse cyane.

Imihanda ikikije ikibuga cy’indege yuzuye ku buryo abantu batabona n’aho bicara bategereje indege cyangwa bategereje ababo baza kubakira.

The Dubai flood ain't joke. pic.twitter.com/VzKUpFgOoN

— Chude Nnamdi (@chude__) April 16, 2024

Byaje  no kuba ngombwa ko indege ziba zihagaritswe kuhagwa ariko nyuma biza gusubukurwa nyuma y’imirimo ikomeye yo kuhakura ayo mazi.

Ikibuga mpuzamahanga kitwa Dubai International Airport (DXB) cyahagaze mu minota 25 kidakoreshwa.

Amafoto ava i Dubai arerekana imodoka nyinshi ba nyirazo basize bahungisha amagara yabo.

Inzu nyinshi zarengewe n’amazi, hari n’izatangiye gusenyuka, byose bitewe n’imyuzure imaze kuba myinshi muri iki gihugu.

Mu gihe ibintu ari uko bihagaze kugeza ubu, ku rundi ruhande ikigo cya Leta ziyunze z’Abarabu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere kiraburira abantu ko ikirere kiri bukomeze kuba kibi mu minsi iri imbere.

Leta yasabye abaturage kuguma mu ngo birinda ko hari uwasiga ubuzima muri iki kibazo kuzageza igihe ibi bihe bidasanzwe muri Dubai bizaba byagabanutse ku kigero kinini.

Kuri X hari amashusho yerekana imodoka zihenze zo mu bwoko bwa Royce Rolls ziganje muri uyu mujyi zarengewe n’amazi ndetse harimo n’iy’icyamamare kuri YouTube kitwa Jordan Welch cyifashe video cyaheze muri iyo vatiri.

Umujyi wabaye icuraburindi
icyamamare kuri YouTube kitwa Jordan Welch

Mbere y’uko muri uyu mujyi wuzuramo imyuzure, hari habanje guhuha umuyaga ukomeye wasenye byinshi.

Umuyaga wahubuje ibintu byinshi mu maduka ubijugunya hanze, abahisi n’abagenzi babura ibyo batora n’ibyo bareka.

Imodoka zaheze mu mazi
Imihanda yuzuye amazi
Imodoka zikoresha ikoranabuhanga mu kumenya icyekerezo zabuze aho zica
TAGGED:DubaifeaturedimodokaUmwuzure
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ayabatwa Tribert Rujugiro Yapfuye
Next Article Akamaro Ko Kuririmba Ku Bwonko Bw’Ugeze Mu Zabukuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?