Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dufite Umugambi Wo Gukomeza Gukorana N’u Rwanda- Umukozi Mukuru Muri Ambasade Y’Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dufite Umugambi Wo Gukomeza Gukorana N’u Rwanda- Umukozi Mukuru Muri Ambasade Y’Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2022 6:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gushyikiriza Leta y’u Rwanda inkingo miliyoni 3.2, Madamu Deborah MacLean ukora muri Ambasade ya Leta zunze ubumwe z’Amerika mu Rwanda, yavuze ko igihugu cye kiteguye gukomeza gukorana n’u Rwanda kandi ngo bidatinze ziroherereza u Rwanda izindi nkingo miliyoni 2.

Inkingo Amerika yaraye ihaye u Rwanda zije zisanga izindi 999,180 zo mu bwoko bwa Pfizer yari iherutse kuruha.

Iziherutse kugezwa mu Rwanda zakiriwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege kiri i Kanombe mu Karere ka Kicukiro mu mugoroba wo ku Bunani tariki 01, Mutarama, 2022.

Kugeza ubu Leta zunze ubumwe z’Amerika zimaze guha u Rwanda inkingo 3,295,730.

Deborah MacLean yagize ati: “ Amerika yahaye u Rwanda inkingo zigera kuri miliyoni 3 kandi hari izindi guteganya kuzaruha zigera kuri miliyoni 2. Dufite umugambo wo gukomeza gukorna n’u Rwanda mu gihe kirambye.”

Inkingo miliyoni ebyiri Amerika iteganya kongera guha u Rwanda bitaganyijwe ko zizagera i Kigali mu noera za Mutarama, 2022.

Leta zunze ubumwe z’Amerika kandi zirateganya kuzaha ibihugu by’inshuti zabyo inkingo zingana na Miliyani 1.1.

Zigomba kuba zarangije guhabwa ibi bihugu bitarenze umwaka wa 2023.

Ku byerekeye u Rwanda, ubutegetsi bw’i Washington bufite gahunda yo kuzafasha u Rwanda kurwanya COVID-19 ifite ingengo y’imari ingana na miliyari 30 Frw.

Si inkingo gusa Amerika yahaye u Rwanda mu rwego rwo kurufasha guhangana na COVID-19 kuko muri Gicurasi, 2021 Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Peter Vrooman yahaye inzego z’ubuzima z’u Rwanda ibikoresho 100 bireba mu muhogo bigafata amacandwe aherwaho bapima ubwandu bwa COVID-19.

Ni ibikoresho abahanga bita video laryngoscopes.

Icyo gihe yatanze n’ibindi bipima ingano y’umwuka wa oxygen uri mu maraso y’umuntu  bigera ku 8000.

Ni ibikoresho byose bifite agaciro ka Miliyoni 172 Frw.

Video laryngoscopes ni ibikoresho bikoreshwa mu buvuzi bita laryngoscopy.

Ubu  buvuzi bwifashishwa kugira ngo abaganga barebe mu muhogo w’umuntu bashobore kureba niba harimo ibimenyetso byerekana ko hari igice cy’aho kirwaye.

Ambasaderi Peter Vrooman

Ibikoresho Amerika yahaye u Rwanda byasaranganyijwe mu bitaro, bihabwa n’abajyanama b’ubuzima kugira ngo babikoreshe mu gupima abaturage bari hirya no hino mu gihugu.

Mu ijambo Ambasaderi Vrooman yavuze icyo gihe yagize ati: “Ubufatanye mu rwego rw’ubuzima hagati y’igihugu cyanjye n’u Rwanda bumaze igihe kandi bwatanze umusaruro ugaragara ndetse no mu rugamba rwo kurwanya COVID-19.”

Akuma kitwa pulse oximeter gakoreshwa mu gupima ingano y’umwuka wa oxygen iri mu maraso y’umuntu, kakabikora atababaye.

Gashobora gupima ingano ya oxygen iri mu maraso guhera ku mutima kugeza ku mano cyangwa intoki.

Biriya bikoresho byatanzwe n’ingabo za USA zibicishije mu mutwe wazo ushinzwe Afurika witwa The United States Africa Command (AFRICOM).

Byatanzwe kandi k’ubufatanye bw’ikigo cy’abanyamerika gishinzwe ubutabazi no kugoboka abazahajwe n’ibiza kitwa United States Overseas Humanitarian, Disaster Assistance, and Civic Aid (U.S. OHDACA).

TAGGED:AmerikaCOVID-19featuredInkingoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko Ya Afurika y’Epfo Yafashwe n’Inkongi
Next Article Abaturiye Nyiragongo Ubwoba Ni Bwose
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?