Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dukoresha Neza Amadolari Baduteramo Inkunga Kurusha Undi Wese – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dukoresha Neza Amadolari Baduteramo Inkunga Kurusha Undi Wese – Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 11:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’ Rwanda yabwiye abanyacyubahiro bari baje mu muhango wo kwakira indahiro ya Dr. Sabin Nsanzimana na bagenzi be bamaze iminsi mike bashyizwe muri Guverinoma ko u Rwanda rukoresha neza inkunga ruhabwa kurusha undi abandi bose.

Yunzemo ko bibabaje kumva ibihugu bikomeye bisanzwe bitera inkunga u Rwanda birushinja kwiba amabuye ya DRC kandi ibyo bihugu bizi uko u Rwanda rukoresha neza amafaranga ruterwamo inkunga.

Perezida Kagame yavuze ko amahanga agomba kuzibukira ibyo gushinja u Rwanda kwiba kuko ibyo Abanyarwanda bagezeho ari ibyo baruhiye.

Ni ibyo bakoreye mu cyuya cyabo cyangwa bakuye mu nkunga batewe n’inshuti zabo bakayikoresha neza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Ikintu cya mbere bagomba kumenya ni uko tutari abajura. Turya ibyo twavunikiye, ntawe twiba.”

Yakomeje avuga ko imibare ikorwa n’abo bakomeye, yerekana ko u Rwanda rukoresha neza inkunga ruterwa.

Perezida Kagame avuga ko buri dolari amahanga ateramo u Rwanda inkunga rikoreshwa neza.

Perezida Kagame yanagarutse no ku bimaze iminsi bivugwa mu Karere u Rwanda ruherereyemo by’uko rufasha M23.

Yavuze ko igitangaje muri ibyo ari uko ikibazo cya DRC kirimo ibihugu byinshi, byaba ibikize, ibikennye, MONUSCO, UN n’ibindi ariko ngo hakibandwa k’ukuvuga u Rwanda.

Ati: “Abantu bagombye kuba bibaza ukuntu ibintu nk’ibi bikora ku karere kose no ku zindi mpande zirimo n’ibihugu bikomeye…usanga bibasira ibindi bice biri muri iki kibazo ariko bakirengagiza uruhare rwabo. Buri gihe u Rwanda nirwo babigereka hejuru.”

- Advertisement -

Perezida Kagame avuga ko ikibazo cya M23 ahanini ari icya Politiki kurusha uko ari icya gisirikare.

Yanavuze ko ikindi kibazo u Rwanda rukibaza ishingiro ryacyo ari uko barushinja kutubahiriza uburenganzira bwa muntu kandi abo  barushinja gutyo ntibanaburanishe abo bantu bivugwa ko baramutse bohererejwe u Rwanda rwabagirira nabi.

Perezida Kagame avuga ko buri wese yakwibaza ikihishe inyuma y’iyo migirire.

Ku byerekeye uko ingabo z’u Rwanda na Polisi bari mu butumwa bw’amahanga babayeho n’uko bakorana n’abo mu bihugu babamo, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rukora ibyo rwiyemeje kandi ngo n’ibyo rukuramo bikubiye mu masezerano rwagiranye n’ibyo bihugu rubisaranganya n’abandi.

Perezida Kagame yashimye abashyigikiye igitekerezo cyo kohereza ingabo muri Mozambique.

Ngo abavuga ko hari amafaranga amahanga yahaye u Rwanda ngo rujye muri kariya kazi babeshya.

Avuga ko u Rwanda rujya mu mahanga kubafasha kubera amasezerano bagiranye haba hagati yarwo n’igihugu runaka cyangwa se hagati yarwo na UN.

Ku byerekeye Centrafrique yagize ati:  “Amikoro y’u Rwanda  niyo yakoreshejwe kugira ngo dukorane n’abo muri Centrafrique. Iyo tutajyayo ntibaba barakoze amatora, niyo tutajyayo iriya Leta ishobora kuba itariho cyangwa na Bangui itari mu maboko yayo.”

Avuga ko ibyo u Rwanda rukora byose  bishingiye ku masezerano asobanutse rukorana n’abafatanyabikorwa baryo kandi ko rutazayaca iruhande.

TAGGED:AbarwanyiFDLRfeaturedKagameM23Perezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarundi 60 Bashyizwe Mu Kato
Next Article Jiang Zemin Wigeze Kuyobora u Bushinwa Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?