Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dukoresha Neza Amadolari Baduteramo Inkunga Kurusha Undi Wese – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dukoresha Neza Amadolari Baduteramo Inkunga Kurusha Undi Wese – Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 11:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’ Rwanda yabwiye abanyacyubahiro bari baje mu muhango wo kwakira indahiro ya Dr. Sabin Nsanzimana na bagenzi be bamaze iminsi mike bashyizwe muri Guverinoma ko u Rwanda rukoresha neza inkunga ruhabwa kurusha undi abandi bose.

Yunzemo ko bibabaje kumva ibihugu bikomeye bisanzwe bitera inkunga u Rwanda birushinja kwiba amabuye ya DRC kandi ibyo bihugu bizi uko u Rwanda rukoresha neza amafaranga ruterwamo inkunga.

Perezida Kagame yavuze ko amahanga agomba kuzibukira ibyo gushinja u Rwanda kwiba kuko ibyo Abanyarwanda bagezeho ari ibyo baruhiye.

Ni ibyo bakoreye mu cyuya cyabo cyangwa bakuye mu nkunga batewe n’inshuti zabo bakayikoresha neza.

Ati: “ Ikintu cya mbere bagomba kumenya ni uko tutari abajura. Turya ibyo twavunikiye, ntawe twiba.”

Yakomeje avuga ko imibare ikorwa n’abo bakomeye, yerekana ko u Rwanda rukoresha neza inkunga ruterwa.

Perezida Kagame avuga ko buri dolari amahanga ateramo u Rwanda inkunga rikoreshwa neza.

Perezida Kagame yanagarutse no ku bimaze iminsi bivugwa mu Karere u Rwanda ruherereyemo by’uko rufasha M23.

Yavuze ko igitangaje muri ibyo ari uko ikibazo cya DRC kirimo ibihugu byinshi, byaba ibikize, ibikennye, MONUSCO, UN n’ibindi ariko ngo hakibandwa k’ukuvuga u Rwanda.

Ati: “Abantu bagombye kuba bibaza ukuntu ibintu nk’ibi bikora ku karere kose no ku zindi mpande zirimo n’ibihugu bikomeye…usanga bibasira ibindi bice biri muri iki kibazo ariko bakirengagiza uruhare rwabo. Buri gihe u Rwanda nirwo babigereka hejuru.”

Perezida Kagame avuga ko ikibazo cya M23 ahanini ari icya Politiki kurusha uko ari icya gisirikare.

Yanavuze ko ikindi kibazo u Rwanda rukibaza ishingiro ryacyo ari uko barushinja kutubahiriza uburenganzira bwa muntu kandi abo  barushinja gutyo ntibanaburanishe abo bantu bivugwa ko baramutse bohererejwe u Rwanda rwabagirira nabi.

Perezida Kagame avuga ko buri wese yakwibaza ikihishe inyuma y’iyo migirire.

Ku byerekeye uko ingabo z’u Rwanda na Polisi bari mu butumwa bw’amahanga babayeho n’uko bakorana n’abo mu bihugu babamo, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rukora ibyo rwiyemeje kandi ngo n’ibyo rukuramo bikubiye mu masezerano rwagiranye n’ibyo bihugu rubisaranganya n’abandi.

Perezida Kagame yashimye abashyigikiye igitekerezo cyo kohereza ingabo muri Mozambique.

Ngo abavuga ko hari amafaranga amahanga yahaye u Rwanda ngo rujye muri kariya kazi babeshya.

Avuga ko u Rwanda rujya mu mahanga kubafasha kubera amasezerano bagiranye haba hagati yarwo n’igihugu runaka cyangwa se hagati yarwo na UN.

Ku byerekeye Centrafrique yagize ati:  “Amikoro y’u Rwanda  niyo yakoreshejwe kugira ngo dukorane n’abo muri Centrafrique. Iyo tutajyayo ntibaba barakoze amatora, niyo tutajyayo iriya Leta ishobora kuba itariho cyangwa na Bangui itari mu maboko yayo.”

Avuga ko ibyo u Rwanda rukora byose  bishingiye ku masezerano asobanutse rukorana n’abafatanyabikorwa baryo kandi ko rutazayaca iruhande.

TAGGED:AbarwanyiFDLRfeaturedKagameM23Perezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarundi 60 Bashyizwe Mu Kato
Next Article Jiang Zemin Wigeze Kuyobora u Bushinwa Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?