Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese Ingabo Za SADC Zije Gusimbura Iza EAC Muri DRC?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ese Ingabo Za SADC Zije Gusimbura Iza EAC Muri DRC?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2023 7:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Gen Nyagah wayoboraga ingabo za EAC zari zaroherejwe muri DRC avuze ko avuye muri izi nshingano kubera impamvu zijyanye n’umutekano we, nta yandi makuru yerekeranye n’inshingano z’ingabo yari ayoboye aratangazwa.

Hari n’abavuga ko ziriya ngabo zitishimiwe n’ubutegetsi bw’i Kinshasa bityo bikaba ari byo byatumye Gen Nyagah abivamo.

Gen Jeff Nyagah yaje kubivamo

Mu mezi make ashize, hari amashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga Perezida Felix Tshisekedi abwira Gen Nyagah ko we n’ingabo ze bareka gukomeza gukorana n’abanzi ba DRC kandi ko nibatabireka, abaturage batazabyihanganira.

Ibintu byakomeje kugenda gake gake kugeza ubwo mu minsi ishize Nyagah yeguye.

Nyuma yo kwegura kwe, nta wundi muntu uratorerwa kuyobora ingabo za EAC mu buryo bwemeranyijweho kuko Kenya ari yo ifite uyu mwihariko kugeza ubu kandi DRC ikaba itabishaka.

Mu Cyumweru gishize hari inama yari itagenyijwe kubera i Bujumbura igahuza abakuru b’ingabo zigize uriya mutwe ngo bagire hamwe uwawuyobora ariko ntiyabaye.

Impamvu yo gusubikwa kwayo ni uko hari indi nama ikomeye byahuriranye, iyo ikaba ari Inama y’ibihugu bigize Akarere k’Ibiyaga bigari yitabiriwe n’Umunyamabanga mukuru wa UN, Antonio Guterres.

N’ubwo Major General Nyagah yabaye asimbuwe na  Maj-Gen Alphaxard Muthuri Kiugu, uyu ntabwo aratangira imirimo mu buryo bweruye kuko iby’uko Kenya ari yo igomba kuyobora East African Force bikigibwaho impaka.

SADC iraje…

SADC igizwe n’ibihugu 16

Muri Namibia haraye hataraniye inama yari iyobowe na Felix Tshisekedi nka Perezida wa SADC. Yanzuriwe mo ko ingabo z’iki gihugu zizoherezwa muri DRC.

Inshingano ni ‘kujya guhangana n’umutwe wa M23’.

Izi ngabo zizafatanya n’iza Repubulika ya Demukarasi ya Congo guhangana na M23 no kurengera ubusugire bwa DRC.

DRC ifite icyizere cyuzuye cy’uko ingabo za SADC zizatsinda uruhenu abarwanyi ba M23.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa DRC witwa Christophe Lutundula yagize ati:  “Ndatekereza ko byinshi bikubiye mu itangazo rya nyuma ry’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize SADC. Inama yemeje kohereza ingabo za SADC mu rwego rw’ingabo zizafasha Congo kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba”.

Umuryango wa SADC wasabye Congo gutegura uburyo bwose bwafasha guhuriza hamwe ingabo ziriyo kugira ngo zibashe gutanga umusaruro kandi mu buryo bushyize hamwe.

DRC igiye kuba ihuriro ry’ingazo z’Afurika…

Ingabo za SADC nizigera muri DRC zizahasanga iz’u Burundi, iza Kenya, iza Uganda n’iza Sudani y’Epfo.

Ingabo z’ibi bihugu zageze muri DRC zihasanga iz’Umuryango w’Abibumbye zari zihamaze imyaka igera kuri 20.

Izo zose uko zakabaye ntizarakeura ikibazo cy’imitwe yazengereje Uburasirazuba bwa DRC.

Abahanga baribaza niba ingabo za SADC ari zo zizazana igisubizo kirambye ku mutekano muke muri DRC.

Ubundi SADC igizwe n’ibihugu 16.

Ibyo ni Angola, Botswana, Comoros, DRC, Eswatini, Lesotho, Madagascar, Malawi, Mauritius, Mozambique, Namibia, Seychelles, Afurika y’Epfo, Tanzania, Zambia na Zimbabwe.

Bivuze ko muri DRC hagiye guhurira ingabo z’ibihugu 20 by’Afurika yo Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara

Ntiharamenyekana igihugu kizayobora ingabo zizoherezwa muri DRC n’igihe zizahagerera.

 

TAGGED:DRCEACfeaturedIbihuguIngaboM23SADCUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Imvura Yangije Hegitari 279 Ziteyeho Imyaka
Next Article Rwiyemezamirimo Dubai Yanze Kuburana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?