Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese Umunyamabanga W’Amerika Ushinzwe Ububanyi N’Amahanga Azaca Umubano Wa DRC Na FDLR?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ese Umunyamabanga W’Amerika Ushinzwe Ububanyi N’Amahanga Azaca Umubano Wa DRC Na FDLR?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2022 7:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hagati y’Italiki ya 09 n’Italiki ya 10, Kanama, 2022 Umunyamabanga wa Leta muri Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken arateganya kuzasura Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’u Rwanda.

Icyakora ubutegetsi bw’i Washington buvuga ko iby’urugendo rwe bizaterwa n’uko ibintu bizaba byifashe ku isi kuko intambara ya Ukraine ishobora gutuma aba arusubitse kugira ngo akurikirane ibyayo.

Mu makuru dufite hari avuga ko hashize igihe runaka ubutegetsi bw’i Kinshasa bukorana n’Ikigo cyahawe akazi n’Ubutegetsi bwa Leta zunze ubumwe z’Amerika kitwa Scribe Strategies and Advisors  kugira ngo iki kigo gifashe Amerika kumva neza uko ibibazo biri muri  kiriya gihugu byifashe bityo izagire umusanzu itanga mu kubikemura.

Amakuru Taarifa ivana ahantu hatandukanye avuga ko ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi bwasabye ubwa Joe Biden gushyira igitutu ku Rwanda ngo rureke gufasha M23.

Ibyo kuyifasha ariko u Rwanda rurabihakana rukavuga ko ibya M23  na Guverinoma y’i Kinshasa bireba abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ko mu bireba u Rwanda ibyo bitarimo.

Ubwanditsi bwacu buzi neza ko Repubulika ya Demukarasi ya Congo iri gusaba Leta zunze ubumwe z’Amerika kwemeza ko M23 ari umutwe w’iterabwoba.

Iyo Amerika yise umutwe runaka ko ari uw’iterabwoba, ubwo kaba kawubayeho!

Uhita ushyirwa mu kato, amahanga akawikoma.

U Rwanda rwo ruvuga ko ibikorwa by’undi mutwe(wo wemejwe ko ari uw’iterabwoba) witwa FDLR ari byo biruhangayikishije kuko ugizwe n’abakomoka ku basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi cyangwa bamwe mu bayikoze bakiriho kandi bagishaka kurugirira nabi.

Washington yashyize FDLR ku rutonde rw’imitwe ikora iterabwoba mu Ukuboza, 2001.

Uyu mutwe w’inyeshyamba kandi ufite mu biganza byawo amaraso y’abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo wishe mu bihe bitandukanye.

Ubutegetsi bw’i Kinshasa bumaze iminsi bukorana n’ingabo za UN ziri muri kiriya gihugu.

Iyi mikoranire yaje no kurenga urugero igera n’aho izi mpande zombi zikorana na FDLR kugira ngo bahashye M 23.

Kugira ngo Umunyamabanga wa Leta w’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga ashobore gufasha mu ugukemura ibibazo biri muri DRC ni ngombwa ko azabanza gusobanukirwa neza inkomoko ya M23 kandi akemeza ubutegetsi bwa DRC ko biri mu nyungu zabwo guhagarika gukorana na FDLR.

TAGGED:AmerikaBlinkenFDLRfeaturedKagameM23RwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayobozi Mu Murenge Hamwe Na Rwiyemezamirimo Bakatiwe N’Urukiko
Next Article Gicumbi: Yiyahuye Kubera Ko Ikiryabarezi Cyamuriye Frw 100,000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?