Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: EU Yemeje Ko 70% By’Abantu Bakuru Bamaze Gukingirwa COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

EU Yemeje Ko 70% By’Abantu Bakuru Bamaze Gukingirwa COVID-19

admin
Last updated: 31 August 2021 2:06 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Ursula von der Leyen, yatangaje ko 70% by’abantu bakuru bagize uwo muryango bamaze gukingirwa COVID-19, igipimo kiruta intego wari wihaye muri Mutarama uyu mwaka.

Mu mashusho yatangaje kuri uyu wa Kabiri, Von der Leyen yagize ati “Uyu munsi twateye intambwe ikomeye muri gahunda yacu y’ikingira. 70 % by’abantu bakuru bagize EU bamaze gukingirwa byuzuye, ni ukuvuga abantu miliyoni 250 bamaze guhabwa ubwirinzi bw’umubiri bwuzuye.”

Von der Leyen ayobora komisiyo ya EU ari nayo ifite inshingano zo kugura inkingo zihabwa abaturage b’ibihugu 27 biyigize.

Muri Nyakanga yaherukaga gutangaza ko nibura 70% by’abantu bakuru bagize uyu muryango bamaze guhabwa nibura urukingo rumwe.

Ibihugu byinshi byo mu Burayi bimaze gukingira abaturage benshi, ndetse hatangiye gutangwa ubutumwa buteguza abaturage guhabwa urukingo rwa gatatu mu gihe abahanga baba barwemeje.

Ibihugu ariko biri ku nzego zitandukanye z’ikingira bitewe n’ubushobozi bwabyo bwo kwibonera inkingo zihabwa abaturage babyo mu buryo bwihariye.

Nka Bulgaria iri kuri 20 ku ijana by’abamaze gukingirwa, 32.8 ku ijana muri Romania, 49 ku ijana muri Slovakia na 58.1 ku ijana muri Poland.

Ni mu gihe bigeze kuri 72.5 ku ijana mu Bufaransa, 70.6 ku ijana mu Budage, 76.7 ku ijana muri Espagne na 85.5 ku ijana muri Ireland, nk’uko imibare iheruka gutangazwa n’Ikigo cy’u Burayi gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo (ECDC) ibigaragaza.

 

TAGGED:COVID-19EUfeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Mu Bufaransa Rwanze Ubujurire Bwa Agatha Kanziga Habyarimana
Next Article Abantu Babiri Bakurikiranyweho Kunyereza Imisoro Irenga Miliyoni 40 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?