Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: EU Yemeje Ko 70% By’Abantu Bakuru Bamaze Gukingirwa COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

EU Yemeje Ko 70% By’Abantu Bakuru Bamaze Gukingirwa COVID-19

admin
Last updated: 31 August 2021 2:06 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Ursula von der Leyen, yatangaje ko 70% by’abantu bakuru bagize uwo muryango bamaze gukingirwa COVID-19, igipimo kiruta intego wari wihaye muri Mutarama uyu mwaka.

Mu mashusho yatangaje kuri uyu wa Kabiri, Von der Leyen yagize ati “Uyu munsi twateye intambwe ikomeye muri gahunda yacu y’ikingira. 70 % by’abantu bakuru bagize EU bamaze gukingirwa byuzuye, ni ukuvuga abantu miliyoni 250 bamaze guhabwa ubwirinzi bw’umubiri bwuzuye.”

Von der Leyen ayobora komisiyo ya EU ari nayo ifite inshingano zo kugura inkingo zihabwa abaturage b’ibihugu 27 biyigize.

Muri Nyakanga yaherukaga gutangaza ko nibura 70% by’abantu bakuru bagize uyu muryango bamaze guhabwa nibura urukingo rumwe.

Ibihugu byinshi byo mu Burayi bimaze gukingira abaturage benshi, ndetse hatangiye gutangwa ubutumwa buteguza abaturage guhabwa urukingo rwa gatatu mu gihe abahanga baba barwemeje.

Ibihugu ariko biri ku nzego zitandukanye z’ikingira bitewe n’ubushobozi bwabyo bwo kwibonera inkingo zihabwa abaturage babyo mu buryo bwihariye.

Nka Bulgaria iri kuri 20 ku ijana by’abamaze gukingirwa, 32.8 ku ijana muri Romania, 49 ku ijana muri Slovakia na 58.1 ku ijana muri Poland.

Ni mu gihe bigeze kuri 72.5 ku ijana mu Bufaransa, 70.6 ku ijana mu Budage, 76.7 ku ijana muri Espagne na 85.5 ku ijana muri Ireland, nk’uko imibare iheruka gutangazwa n’Ikigo cy’u Burayi gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo (ECDC) ibigaragaza.

 

TAGGED:COVID-19EUfeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Mu Bufaransa Rwanze Ubujurire Bwa Agatha Kanziga Habyarimana
Next Article Abantu Babiri Bakurikiranyweho Kunyereza Imisoro Irenga Miliyoni 40 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?