Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FARDC Yasubiranyemo Na Wazalendo Bararasana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

FARDC Yasubiranyemo Na Wazalendo Bararasana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2023 1:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera impamvu zitaramenyekana, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru mu Mujyi wa Goma habereye imirwano hagati y’ingabo za DRC  n’urubyiruko rugize ikiswe Wazalendo. Abatuye uyu mujyi bavuga ko babanje kugira impungenge ko M23 yawinjiyemo ariko baza gusanga atari yo.

Umwe mu baturage wo mu gace ka Katoyi yabwiye itangazamakuru ko baraye bazinze utwangushye ngo nibikomeza baze guhungira mu Rwanda .

Abatuye ahitwa Birere bavuga ko nta handi bari buhungire hatari mu Rwanda kuko n’ubwo hari ibibazo hagati y’igihugu cyabo narwo, nta yandi mahitamo bari bafite atari uguhungira i Gisenyi.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bashoboye kuganira n’abatuye Goma, bavuga ko habaye imirwano hagati y’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, n’itsinda ry’urubyiruko rwahawe intwaro na Leta rizwi nka Wazalendo ariko ko bari bafite ubwoba bwinshi.

Sibo babonye bucya bakaza kumenya ko ari imirwano hagati ya Wazalendo n’ingabo za DRC.

Umwe muri bo ati: “Mu ijoro ubwoba bwari bwinshi tuzi ngo M23 yinjiye muri Goma, gusa twamenye ko ari Wazalendo barwanye na FARDC.”

Imbunda nini n’imbunda nto zasimburanwaga mu kumvikanisha amasasu.

Sosiyete Sivile muri Komine ya Kalisimbi yo mu Mujyi wa Goma ivuga ko hataramenyekana ibyangijwe cyangwa abaguye muri iyo mirwano.

Basaba Leta guhagurukira umutekano muke uterwa naba Wazalendo.

Umuvugizi wa FARDC mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Guillaume- Ndjike Kaiko we avuga ko nta byacitse yagombye kuba mu baturage.

Yagize ati: “ Ingabo zacu ziri gukurikiranira hafi ibiri kuba, ntacyo gutinya gihari.”

Lt Col Guillaume- Ndjike Kaiko

Gusa mu bihe bitandukanye inyeshyamba za M23 zavuze ko zidashaka gufata Goma kuko ntacyo byamara ahubwo ko Kinshasa yagombye kwemera kuganira nazo.

Amakuru ataremezwa n’uruhande rudafite aho rubogamiye, avuga ko ingabo za DRC zitererana ku rugamba abarwanyi ba Wazalendo.

Ngo aba Wazalendo bajya imbere ku rugamba, abasirikare ba DRC bagasigara inyuma hanyuma aba Wazalendo bakaba ari bo batakariza abantu benshi ku rugamba.

Ibi rero ngo biri mu birakaza aba barwanyi basanzwe barifatanyije na FDLR.

TAGGED:DRCfeaturedIngaboInyeshyambaWazalendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sena Yemeje Ishingiro Ry’Umushinga W’Itegeko Rishya Ry’Amatora
Next Article Umuzigo Wa Mbere Wa Toni 22.4 Z’Avoka Nyarwanda Wageze Mu Buholandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?