Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FDLR Yashyizeho Imisoro Ku Baturage Muri Rutshuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

FDLR Yashyizeho Imisoro Ku Baturage Muri Rutshuru

admin
Last updated: 17 January 2022 2:50 pm
admin
Share
Un soldat Rebel de FDLR à l’Est de la RDC le 06/02/2009. Radio Okapi.net
SHARE

Umutwe wa FDLR ukomeje kujujubya abaturage mu gace ka Nyamilima muri terirwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho washyizeho imisoro yakwa abaturage kugira ngo bemererwe kujya mu mirimo yabo.

Ni amafaranga uyu mutwe urimo kwaka cyane cyane abahinzi, ukayakoresha mu gutunga abarwanyi bawo no gukora iterabwoba.

Ni umutwe umaze imyaka 27 uhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ndetse mu bihe bitandukanye wagiye ugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda.

Radio Okapi yatangaje ko iyi misoro yatangiye kwakwa cyane ahagana mu Ukwakira 2021, ku buryo abaturage bamaze kwiyakira.

Ibyo bikorwa ngo bikunda gukaza umurego iyo bigeze igihe cy’isarura, nk’uko abatangabuhamya babivuga.

Ni umusoro bahaye izina rya “Rengera Ubuzima” cyangwa “Sauve ta vie” mu Gifaransa.

Ni itegeko ku bahinzi kugira ngo aba barwanyi babemerere kugera ku miriya yabo iri mu bice bya Nyamitwitwi, Bisoso na Nyamuragira, ni mu bikometero nibura birindwi uvuye ahobatuye.

Umwe mu baturage ba Nyamilima yahamije ko ku wa Gatanu tariki 14 Mutarama yishyuye amafaranga ya 15,000 ya Congo, ni ukuvuga nibura  $7,5 (asanga 7500 Frw), ku barwanyi ba FDLR, bamuha agapapuro agenderaho.

Umuntu wanze gutanga uwo musoro ngo ahohoterwa ku buryo bukomeye.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwemeje ko uyu musoro ukunda gusabwa abaturage cyane cyane igihe bejeje, ukagenwa kuri buri gihingwa ndetse no kuri buri muntu.

Ni ibintu byemejwe n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC.

Umuvugizi w’Ingabo za Congo, Lieutenant-Colonel Ndjike Kaiko, yijeje abaturage ko hakomeje gufatwa ingamba zatuma ibi bikorwa bya FDLR bigera ku iherezo.

Ibi byose bikomeje kuba mu gihe Intara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iya Ituri ziri mu bihe bidasnzwe kuva hagati mu mwaka ushize.

Ni ibihe byatumye ziriya ntara zihabwa ba Guverineri ba gisirikare ngo bafashe mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro, ariko umusaruro bitanga ni muke cyane.

FDLR yatangijwe na benshi mu bahunze u Rwanda nyuma yo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse nyuma yaho igenda igaba ibitero bitandukanye ku butaka bw’u Rwanda.

Muri iki gihe ariko uyu mutwe wacitse intege, nyuma y’uko abayobozi bawo benshi bishwe abandi bagatabwa muri yombi.

Babiri barimo Nkaka Ignace uzwi nka La Forge Fils Bazeye wahoze ari Umuvugizi wa FDLR na Nsekanabo Jean Pierre uzwi nka Abega Kamara wari ushinzwe ubutasi, ubu bafungiye mu Rwanda.

TAGGED:FDLRfeaturedNdjike Kaiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuvuno Museveni Ari Guca Ngo Azatsindire Manda Ya Karindwi
Next Article Habyarimana Juvénal Yohereje Umugore W’Uwari Minisitiri W’Imari Ngo Aroge Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?