Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Finland Irashaka Kujya Muri OTAN Inzira ‘Zikigendwa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Finland Irashaka Kujya Muri OTAN Inzira ‘Zikigendwa’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 March 2022 3:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutegetsi bw’i Helsinki mu Murwa mukuru wa Finland buvuga ko igihe kigeze ngo hasuzumwe niba igihe kitageze ngo iki gihugu kijye muri OTAN/NATO kuko ibiri kuba kuri Ukraine ari ikimenyetso cy’uko guturana n’u Burusiya ari akaga.

Byari bimaze kumenyerwa ko abayobozi b’iki gihugu giherereye mu Majyaruguru y’Isi ku mupaka n’u Burusiya birinda gukoma rutenderi ngo berure ko bashaka kujya muri OTAN/NATO.

Perezida w’iki gihugu kuri uyu wa Kane taliki 10, Werurwe, 2022 yabwiye abanyamakuru ko igihugu cye kimaze iminsi gisuzuma uko ibintu byifashe n’inyungu  z’umutekano wacyo none ngo igihe kiri hafi kugera ngo gifate umwanzuro.

N’ubwo ateruye ngo avuge niba igihugu cye kigiye kujya muri OTAN/NATO ariko imvugo ye yumvikanisha ko hari ibiganiro kuri iyi ngingo biri kubera ‘mu gikari’.

Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu witwa Sanna Marin nawe avuga ko hari ibintu byinshi biri kuganirwaho kandi mu ngeri zitandukanye hagamijwe kureba uko Finland yajya muri OTAN/NATO kandi ngo aho ibintu bigeze ni ngombwa gufata umwanzuro.

Imwe mu ntambwe zigomba guterwa muri iki gihe ni ugushyiraho kamarampaka yemewe n’abaturage bose.

Ibarura rito riherutse gukorwa na Radio ya kiriya gihugu yitwa Yle yasanze 53% by’abaturage ba Finland( mu Cyongereza babita Finns) bifuza kujya muri OTAN/NATO.

Hari umunyamateka witwa Pia Koivunen wigisha muri Kaminuza ya Turku uherutse kubwira Al Jazeera ko mbere y’igitero cy’u Burusiya kuri Ukraine, abanyapolitiki bo muri Finland birindaga kugira icyo bavuga ku kujya cyangwa kutajya muri OTAN.

Ati: “ Ubu ibintu byarahindutse, abanyapolitiki basanze bari gutinda kandi gutinda kwabo gushobora gushyira igihugu mu kaga.”

U Burusiya bwahaye Finland Gasopo…

Umuvugizi wa Guverinoma y’u  Burusiya  Maria Zakharova aherutse guha  umuburo Sweden na Finland ko nibishaka kujya muri OTAN/NATO bizahura n’akaga.

Maria Zakharova

Hari amakuru avuga ko umugambi wa Putin ari ugukoma imbere ibihugu byose bituranye nabwo bukabibuza kujya muri OTAN.

Maria Zakharova yavuze yagize ati: ‘ u Burusiya buraburira Finland na Sweden ko niba bishaka amahoro byagombye kwirinda gushakira amahoro mu guhungabanya ay’ibindi bihugu.’

Itangazamakuru ryo mu Bwongereza rivuga ko u Burusiya buzihimura bukoresheje ingufu za gisirikare kuri Sweden na Finland nibiramuka bigiye muri OTAN.

Sweden na Finland nibyo bihugu bituranye n’u Burusiya bya hafi bihereye ku Nyanja ya Arctic.

Nyuma y’uko Zakharova abitangaje, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burusiya yasubiye mu magambo ye, ivuga ko ibyo u Burusiya buvuga bubikomeje.

Ni ubutumwa bwacishijwe kuri Twitter.

Ni ubutumwa bugira buti: “ Turakurikiranira hafi umugambi wa Sweden na Finland wo kujya muri OTAN kandi turabasezeranya ko kubikora bitazabura kugendana n’ingaruka za gisirikare.”

Mbere y’uko u Burusiya butangiza intambara kuri Ukraine bwari bufite amakuru ahagije avuga ko haburaga igihe gito ngo iki gihugu kinjire muri OTAN.

TAGGED:BurusiyafeaturedFinlandIntambaraPutinUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ Rwanda Yatangije Poromosiyo Yayo Yiswe Hahiye !!!
Next Article I Nyanza Bifuza Ko Abakurikiranyweho Kwica Umuturanyi Wabo Baburanishirizwa Mu Ruhame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?