Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FPR-Inkotanyi Ishima Uburyo U Burusiya Buyobowe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

FPR-Inkotanyi Ishima Uburyo U Burusiya Buyobowe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2021 8:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi Bwana François Ngarambe ashima uko u Burusiya buyobowe akavuga ko mu myaka 20 ishize bwerekanye ko bushoboye kuzahura ubukungu n’imibereho myiza y’ababutuye.

Ubu butumwa bwe bwatangarijwe ku rukuta rwa Twitter rw’Umuryango FPR-Inkotanyi ubwo yifurizaga abayoboke b’ishyaka United Russia riyoboye u Burusiya isabukuru nziza y’imyaka 20 bari ku butegetsi.

Ngarambe yavuze ko ibyo u Burusiya bwagezeho mu myaka 20 ishize bubikesha imikorere iboneye y’Ishyaka United Russia Party riyoboye kiriya  gihugu.

Yongeyeho ko ishyaka rya kiriya gihugu kiri mu bikomeye kurusha ibindi ku isi rifite uburyo buboneye bwo gufasha ibindi bihugu kwivana mu bibazo bibyugarije kandi mu buryo bugirira buri wese akamaro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi François Ngarambe yavuze ko imikoranire hagati y’Umuryango FPR –Inkotanyi uyoboye u Rwanda  n’ishyaka United Russia  riyoboye u Burusiya ari ingenzi mu mikoranire iboneye kandi igirira akamaro ibihugu byombi.

SG Ngarambe: The international inter-party cooperation should be supported by the adoption of the pro-people centred ideology by individual political parties as a sustainable and effective approach in finding solutions to global challenges of our time. pic.twitter.com/M4bnZvqosF

— RPF Inkotanyi (@rpfinkotanyi) December 1, 2021

Asanga gukorana kw’amashyaka ayoboye ibihugu bishobora gufasha gucyemura bimwe mu bibazo byugarije isi muri rusange.

Ubutumwa bwe kuri Twitter bwarangiye buvuga ko kugira ngo imikoranire y’amashyaka igende neza bisaba ko imirongo ya Politiki igenderaho iba ishingiye kubyo abaturage bifuza kandi igatanga ibisubizo birambye ku bibazo bafite by’umwihariko n’iby’abatuye isi muri rusange.

Si FPR-Inkotanyi gusa yashimye iterambere ishyaka riri ku butegetsi mu Burusiya ryagejeje ku  babutuye, ahubwo n’Ishyaka riyoboye u Bushinwa Communist Party of China(CPC) naryo ryabikoze.

- Advertisement -

Ubutumwa Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping yatangaje buvuga ko ishyaka ryiyoboye u Burusiya ari ryo moteri nzima kandi ikora neza yatumye u Burusiya ‘buvuga rikijyana.’

Bukubiye mu nkuru yatangajwe kuri CGTN(China Global Television Network).

U Bushinwa buvuga ko ishyaka riyoboye u Burusiya ryabaye ingirakamaro mu gutuma butera imbere, ababutuye bakagira ubukungu, umutuzo ndetse n’umutekano.

Xi ati: “ Abatuye u  Burusiya baguwe neza kubera imikorere iboneye y’ishyaka ribayoboye. Ni abaturage bafite ijambo rikomeye ku isi.”

Nawe avuga ko imikoranire y’Ishyaka ayoboye rikaba ari naryo iri ku butegetsi mu Bushinwa hamwe n’ishyaka riyoboye u Burusiya yatumye ibihugu byombi bikomeza iterambere kandi ababituye bakaba ari abaturage biyubashye.

XI yabwiye u Burusiya ko igihugu cye kizakomeza gukorana nabwo kugira ngo imibanire y’ibihugu byombi ikomeze kuba ntamakemwa.

Ishyaka United Russia Rya Putin…
Ishyaka United Russia niryo riyobora u Burusiya guhera tariki 01, Ukuboza, 2001. Kuri uyu wa Gatatu nibwo ryizihije imyaka 20 rimaze riyobora u Burusiya.

Mu Nteko ishinga amategeko y’u Burusiya bita Duma rifitemo imyanya ingana na 72.44% ni ukuvuga imyanya 326 mu myanya 450 y’Abadepite ba kiriya gihugu kirusha ibindi byose ubunini ariko kidatuwe cyane ugereranyije n’uko kingana.

u Burusiya ni icyo gihugu kinini kurusha ibindi ku isi

U Burusiya bufite ubuso bwa kilometero kare Miliyoni 17.13, bukaba butuwe n’abaturage 144.1

Abaturage b’u Burusiya ni bacye cyane kuko bakubwe kabiri n’abatuye Nigeria kuko bo ari miliyoni 206 zirengaho abaturage bacye.

Iyi ni imibare ya Banki y’Isi yatangajwe mu mwaka wa 2020.

Ishyaka United Russia rifite ubutegetsi guhera mu mwaka wa 2001 kandi kuva icyo gihe umugabo wari urikomeyemo kurusha abandi yari Vladmir Putin.

Kugeza ubu niwe ukiriyoboye akaba ari na Perezida w’u Burusiya.

Hari amakuru avuga ko ‘ashobora kuzasura u Rwanda’ mu gihe kiri imbere n’ubwo bitaratangazwa mu buryo bweruye.

 

TAGGED:BurusiyaBushinwafeaturedFPRInkotanyiNgarambeRwandaXi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yagendanye Miliyoni Barayimunigana, Yabivanyemo Isomo
Next Article Banki y’Isi Yahaye u Rwanda Miliyari Zisaga 100 Frw Zizashorwa Mu Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?