Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gahunda Ya BK Ntaho Itaniye N’Iya Leta-Dr. Diane Karusisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Gahunda Ya BK Ntaho Itaniye N’Iya Leta-Dr. Diane Karusisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2023 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi wa Banki ya Kigali Dr. Diane Karusisi avuga ikigo ayobora gikora mu buryo buhuje n’ubwa Leta y’u Rwanda mu gufasha abantu kwiteza imbere. Yavuze ibi ubwo yatangizaga Banki ya kabiri ishingiye kuri Banki ya Kigali yitwa Private Banking.

Ni ahantu umuntu yagereranya n’ikigo kizaba gifite inzobere mu by’amabanki zishinzwe kuba hafi abakiliya.

Inshingano zabo ni gutanga serivisi no gusobanurira abakiliya ibikubiye mu mishinga bafite yaba irebana na serivisi za banki, ijyanye n’ubwishingizi ndetse no gufasha abashaka kubitsa amafaranga cyangwa kuyashora BK Capital kumenya uko babikora neza.

Iki kigo cya kabiri cya BK kitwa Private Banking cyaraye gitashywe i Nyarutarama ahari icyicaro gikuru cya MTN.

Dr. Diane Karusisi yabwiye abitabiriye gutangiza ririya shami ko gahunda za Banki ayoboye ziri mu murongo umwe n’iza Leta y’u Rwanda.

Zose zigamije gukomeza guteza imbere Abanyarwanda binyuze mu kubegereza serivisi kandi zirushijeho kunoga.

Dr Karusisi ati: “Ni cyo gitekerezo twagize kugira ngo turebe abakiliya bacu b’imena, turebe uburyo babona serivisi yihariye, bakabona umuntu ubakurikirana, ubagira inama kandi akabereka uko bakomeza gucunga neza umutungo wabo.”

Abakiliya ba Banki ya Kigali bashimye ubuyobozi bwayo bwabashyiriyeho iriya serivisi kubera ko batari bamenyereye ko serivisi zizajya zitangirwa muri iri shami zishobora no guhabwa abantu ku giti cyabo.

Umwe muri bo ni Me Athanase Rutabingwa, akaba asanzwe ari umukiliya w’imena wa BK kuko amaze imyaka 20 akorana nayo.

Me Athanase Rutabingwa

Ati “Akenshi baravuga ngo umuntu ku giti cye nta mafaranga afite ahagije yatuma yitabwaho by’umwihariko, ugasanga ingufu zahabwaga amasosiyete. Mu by’ukuri aka ni agashya tugomba gushimira BK, kugira ngo iyi serivisi idufashe, itugirire akamaro, cyane cyane  ku bacuruzi, ariko no ku giti cy’umuntu imugirire akamaro.”

Umuyobozi wa Federasiyo y’abikorera ku giti cyabo witwa Steven Ruzibiza nawe arabishima.

Avuga ko iriya serivisi izafasha buri wese kubona amafaranga ye bitamusabye igihe kirekire, akongeraho ko n’aho iriya serivisi yashyizwe ari ahantu hatekerejweho neza kuko ari ihuriro rya benshi.

Steven Ruzibiza nawe arabishima.

Uretse ishami rya Private Banking riri i Nyarutarama muri MTN Centre, hari hasanzwe irindi rikorera muri Kigali Heights.

Biteganyijwe ko hari irindi rizafungurwa  kuri Simba Center Gacuriro mu gihe ‘gito’ kiri imbere.

Bishimiye uko iki gikorwa cyagenze
TAGGED:BankifeaturedKarusisiKigaliRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Wahoze Mu Buyobozi Bwa RCA Yafunzwe
Next Article Haratutumba Intambara Ikomeye Hagati Ya Armenia Na Azerbaijan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Bunyoni Ararembye

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?