Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Bibye Mu Kigo Cya TVET Nemba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Bibye Mu Kigo Cya TVET Nemba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2022 7:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu rishyira uwa Kane taliki 13, Ukwakira, 2022 abajura bataramenyekana bibye ikigo cy’amashuri kitwa TVET Nemba kiri mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke ibiribwa abanyeshuri bari buzarye.

Ni ikigo giherereye mu Mudugugu wa Kanzoka, Akagari ka Gisozi, Umurenge wa Nemba.

Iki kigo cy’amashuri kiba mu Murenge wa Nemba

Amakuru Taarifa yamenye avuga ko byabaye ahagana saa kenda z’ijoro, kandi ngo abo bajura batwaye umufuka umwe w’umuceri,  uw’akawung n’ ijerekani y’amavuta.

Muri iki kigo bigisha kudoda no gusudira.

Kugeza ubu amakuru kandi avuga ko hari abazamu batari baharaye bikaba bikekwa ko bashobora kuba bari mubagize uruhare muri ubwo bujura.

Umuhati wo kuvugisha Superintendent of Police ( SP) Alexis Ndayisenga ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage ngo agire icyo atubwira kuri ubwo bujura buvugwa muri kiriya kigo ntacyo wagezeho.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nemba witwa Charles Ruhashya  avuga ko ayo makuru yayumvise.

Mu gitondo ahagana saa mbiri ubwo twamuhamagaraga yari agiye kuri icyo kigo kureba uko byagenze.

Icyakora we avuga ko amakuru yari afite ubwo twavuganaga nawe, yemezaga ko abo bajura bakanze ibyuma bita grillage binjira mu nzu batwara televiziyo nini.

Ati: “ Nibyo twabyumvise, ubu ngiyeyo ngo ndebe ariko numvise ko bibye televiziyo. Ibyo bindi umbwiye turabimenya neza tugezeyo.”

Ikigo TVET Nemba kiri mu giturage, ahategereye kaburimbo.

Kugeza ubu ngo nta muntu bakomerekeje.

TAGGED:AbajurafeaturedGakenkeGitifuIshuriNemba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tumenye Ishuri Ry’Inkubito Z’Icyeza Z’Afghanistan Ryitwa SOLA Afghanistan
Next Article Rubirizi: Imodoka Igemura Amata Yakoze Impanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?