Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Habarurwa Imiryango 121 Y’Abatutsi Yazimye Muri Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Habarurwa Imiryango 121 Y’Abatutsi Yazimye Muri Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2023 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke yaraye hibutswe Abatutsi bizize Jenoside yahakorewe. Bari bagize imiryango 121 yazimye ntihasigara n’umwe mu bari bayigize. Abarokokeye muri kiriya gice bavuga ko uburyo Abatutsi bari bahatuye bishwe byari bigoye ko hari uwarokoka.

Mukamurenzi Séraphine w’imyaka 42 wahatangiye ubuhamya, avuga ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bari batuye mu Murenge wa Kivuruga w’ubu.

Yari afite imyaka12 y’amavuko.

Yibuka ko Interahamwe zari nyinshi  k’uburyo byatumye hicwa Abatutsi benshi mu gihe gito.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko hari imiryango 10 muyo bari bafitanye isano yishwe ntihagira n’umwe usigara.

Yavuze ko n’ubwo abe bashize, ariko yishatsemo imbaraga zo kwiyubaka, ubu akaba abayeho neza.

Perezida wa IBUKA muri Gakenke witwa Hamdun Twagirimana avuga ko umubare w’imiryango yazimye muri Gakenke ishobora kwiyongera kuko ibarura ryayo rigikomeje.

Muri iki gikorwa cyo kwibuka, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru  Dancille Nyirarugero ‘yongeye’ gusaba abakuze kutagoreka amateka mu gihe baganira n’abakiri bato.

RBA yanditse ko mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri kiriya gice, abayirokotse n’inshuti ndetse n’abavandimwe bashyinguwe mu cyubahiro imibiri ibiri iherutse kuboneka, ishyingurwa mu rwibutso rwa Jenoside rwa Gakenke.

- Advertisement -

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa imiryango 15, 593 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ikazima burundu.

Iyi miryango  yibukwa mu buryo bwihariye, bigakorwa buri mwaka n’umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG).

Hasomwe Misa Yo Kwibuka Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yazimye

TAGGED:AbatutsifeaturedGAERGGakenkeImiryangoJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburusiya Bwafunze Undi Munyamerika
Next Article Amateka Y’Uburyo Ababiligi Bahemukiye Abanye Congo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?