Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Habarurwa Imiryango 121 Y’Abatutsi Yazimye Muri Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Habarurwa Imiryango 121 Y’Abatutsi Yazimye Muri Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2023 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke yaraye hibutswe Abatutsi bizize Jenoside yahakorewe. Bari bagize imiryango 121 yazimye ntihasigara n’umwe mu bari bayigize. Abarokokeye muri kiriya gice bavuga ko uburyo Abatutsi bari bahatuye bishwe byari bigoye ko hari uwarokoka.

Mukamurenzi Séraphine w’imyaka 42 wahatangiye ubuhamya, avuga ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bari batuye mu Murenge wa Kivuruga w’ubu.

Yari afite imyaka12 y’amavuko.

Yibuka ko Interahamwe zari nyinshi  k’uburyo byatumye hicwa Abatutsi benshi mu gihe gito.

Avuga ko hari imiryango 10 muyo bari bafitanye isano yishwe ntihagira n’umwe usigara.

Yavuze ko n’ubwo abe bashize, ariko yishatsemo imbaraga zo kwiyubaka, ubu akaba abayeho neza.

Perezida wa IBUKA muri Gakenke witwa Hamdun Twagirimana avuga ko umubare w’imiryango yazimye muri Gakenke ishobora kwiyongera kuko ibarura ryayo rigikomeje.

Muri iki gikorwa cyo kwibuka, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru  Dancille Nyirarugero ‘yongeye’ gusaba abakuze kutagoreka amateka mu gihe baganira n’abakiri bato.

RBA yanditse ko mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri kiriya gice, abayirokotse n’inshuti ndetse n’abavandimwe bashyinguwe mu cyubahiro imibiri ibiri iherutse kuboneka, ishyingurwa mu rwibutso rwa Jenoside rwa Gakenke.

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa imiryango 15, 593 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ikazima burundu.

Iyi miryango  yibukwa mu buryo bwihariye, bigakorwa buri mwaka n’umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG).

Hasomwe Misa Yo Kwibuka Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yazimye

TAGGED:AbatutsifeaturedGAERGGakenkeImiryangoJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburusiya Bwafunze Undi Munyamerika
Next Article Amateka Y’Uburyo Ababiligi Bahemukiye Abanye Congo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bunyoni Ararembye

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?