Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Habarurwa Imiryango 121 Y’Abatutsi Yazimye Muri Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Habarurwa Imiryango 121 Y’Abatutsi Yazimye Muri Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2023 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke yaraye hibutswe Abatutsi bizize Jenoside yahakorewe. Bari bagize imiryango 121 yazimye ntihasigara n’umwe mu bari bayigize. Abarokokeye muri kiriya gice bavuga ko uburyo Abatutsi bari bahatuye bishwe byari bigoye ko hari uwarokoka.

Mukamurenzi Séraphine w’imyaka 42 wahatangiye ubuhamya, avuga ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bari batuye mu Murenge wa Kivuruga w’ubu.

Yari afite imyaka12 y’amavuko.

Yibuka ko Interahamwe zari nyinshi  k’uburyo byatumye hicwa Abatutsi benshi mu gihe gito.

Avuga ko hari imiryango 10 muyo bari bafitanye isano yishwe ntihagira n’umwe usigara.

Yavuze ko n’ubwo abe bashize, ariko yishatsemo imbaraga zo kwiyubaka, ubu akaba abayeho neza.

Perezida wa IBUKA muri Gakenke witwa Hamdun Twagirimana avuga ko umubare w’imiryango yazimye muri Gakenke ishobora kwiyongera kuko ibarura ryayo rigikomeje.

Muri iki gikorwa cyo kwibuka, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru  Dancille Nyirarugero ‘yongeye’ gusaba abakuze kutagoreka amateka mu gihe baganira n’abakiri bato.

RBA yanditse ko mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri kiriya gice, abayirokotse n’inshuti ndetse n’abavandimwe bashyinguwe mu cyubahiro imibiri ibiri iherutse kuboneka, ishyingurwa mu rwibutso rwa Jenoside rwa Gakenke.

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa imiryango 15, 593 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ikazima burundu.

Iyi miryango  yibukwa mu buryo bwihariye, bigakorwa buri mwaka n’umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG).

Hasomwe Misa Yo Kwibuka Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yazimye

TAGGED:AbatutsifeaturedGAERGGakenkeImiryangoJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburusiya Bwafunze Undi Munyamerika
Next Article Amateka Y’Uburyo Ababiligi Bahemukiye Abanye Congo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?