Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: RIB Yafunze Abayobozi Ibakekaho Ruswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: RIB Yafunze Abayobozi Ibakekaho Ruswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2023 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali, Alexis Bucyana  n’uw’Akagari ka Agateko, Ephrem Ndagijimana batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kwaka no kwakira ruswa.

Iyo ruswa bayakaga kugira ngo batange uruhushya rwo kubaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu mpera z’Icyumweru gishize nibwo bariya bantu batawe muri yombi kuko hari taliki 11, Gashyantare, 2023.

Mu gace aba bayobozi bayoboraga hari umuturage washatse kwiyahura nyuma yo gusenyerwa inzu.

Abahatuye ( ni mu Mudugudu wa Rwankuba mu Kagari k’Agateko) bavuga ko ubuyobozi bwasenye inzu y’umuturage maze agerageza kwiyahura biranga.

Bavuga ko kumusenyera  byamubabaje cyane kubera imvune yashyizeho ayubaka.

Ako gahinda ngo niko kamweguye agerageza kwiyahura ariko ntibyakunda.

Mu kiganiro  gitifu Bucyana yahaye bagenzi bacu b’UMUSEKE mbere y’uko atabwa muri yombi, yavuze ko ibyo yakoze byari ‘bikurikije amategeko.’

Yagize at: “Iryo tsinda ryahageze risanga umuturage arimo arubaka, rimwaka ibyangombwa arabibura. Mu mabwiriza ajyanye no kurwanya akajagari mu kubaka, iyo bigaragaye ko umuturage ari kubaka nta byangombwa, asabwa gukuraho iyo nyubako.”

Yunzemo ko uriya muturage yabonye bamusenyeye, arirukanka agwa mu mukoki.

Ati: “ Nta wamusunitse, ariko ntacyo yabaye. Bwari mu buryo bwo kwigumura no kwigaragambya.”

Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo za Kimironko na Gisozi mu gihe dosiye zabo ziri gutunganywa ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Baramutse bahamwe n’iki cyaha bahabwa igifungo kirenze imyaka 5 ariko kitarenze 7 n’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

Bamwe mu bakurikiranira hafi imikorere y’inzego z’ibanze mu Rwanda banenga bamwe mu baziyobora kubera ko batabuza abubaka mu buryo bw’akajagari  kubikora hakiri kare, ahubwo bakazabikora inzu igeze kure.

Hari abavuga ko babyirengagiza nkana kugira ngo inzu ibanze izamuke, hanyuma bazabone uko baka ruswa nyirayo nawe ayitange mu rwego rwo gucungura inzu ye ngo idasenywa.

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yamagana iyo migirire kuko ihombya umuturage kandi ikamuteranya n’ubuyobozi kubera ko asigara abona ko bumurenganya.

TAGGED:featuredGasaboGitifuInyubakoInzuRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Zunze UBumwe Z’Abarabu Mu Masezerano Y’Ubufatanye N’u Rwanda
Next Article Miliyari Frw 4 Niko Gaciro K’Ibyahiriye Mu Gakiriro Ka Gisozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?