Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Umukazana Aravugwaho Guhohotera Sebukwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Umukazana Aravugwaho Guhohotera Sebukwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 July 2024 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mpera z’Icyumweru gishize mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo ahitwa Nyakabungo havuzwe inkuru y’umugore witwa Mukabalisa watemesheje icupa rya  Mützig umugabo we mu mutwe. Mu bihe bitandukanye uwo mugore kandi yahohoteye na Sebukwe nk’uko abaturage babibwiye BTN.

Umugabo wakomerekejwe yitwa Nzeyimana akaba atuye ahitwa Nyakabungo.

Abaturage bavuga ko uwo mugore asanganywe amakimbirane n’umugabo we, ayo makimbirane akaba ashingiye ku mikoreshereze y’umutungo.

Kugira ngo yadukire umugabo we byatewe nuko umugabo we yatahuye ko uwo mugore yagiye kubitsa amafaranga rwihishwa mu yindi konti ya banki badasanzwe babitsamo maze abimubajije umugore ahita amukabukira amubwira nabi.

Hari umuturage wagize ati: “Umugabo kugira ngo akubitwe ndetse anatemeshwe icupa mu mutwe byaturutse ku makimbirane ashingiye ku mitungo afitanye n’umugore we”.

Abaturage bavuga ko Mukabalisa yaturutse mu kabari afite icupa rya Mützig maze arikubita hasi rimanyukaho utumanyu irisigaye arikubita umugabo we mu mutwe undi avirirana amaraso.

Uwo mugore avugwaho kandi kugirira urugomo abandi kuko yigeze no kubikorera Sebukwe na musaza we.

Byigeze kugeza n’ubwo uwo musaza ajya gusabira umukazana we imbabazi mu rukiko ubwo yari yagejejwe imbere yarwo akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa.

Musaza w’uwo mugore  yabwiye Bplus TV na BTN ko kuri iyi nshuro yakomerekejemo umugabo we bikwiye ko  akurikiranywa ntibigarukire hafi ndetse na sebukwe yahohoteye agahabwa ubutabera.

Iyamuremye François uyobora Umurenge wa Jali yavuze ko urugomo rwabaye kandi  Mukabalisa yatangiye gukorwaho iperereza n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB.

Umugabo we yajyanywe ku bitaro bya Kibagabaga aravurwa ubu yamaze gusubira mu rugo.

Yaboneyeho gusaba imiryango kwirinda amakimbirane kandi aho agaragaye hagatangwa amakuru ku bayafitanye bakegerwa n’ubuyobozi bukabafasha kuyavamo amahoro.

TAGGED:IcupaJaliRIBUmugaboUmugoreUmukazanaUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikirego Gishya DRC Irega u Rwanda
Next Article Israel Ntikwiye Gupfobya Ibyo Erdogan Avuga-Umusesenguzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?