Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Yagwiriwe N’Ikirombe Yagiye Gushaka Icyo Iwe Biririrwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Gasabo: Yagwiriwe N’Ikirombe Yagiye Gushaka Icyo Iwe Biririrwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 December 2023 3:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo bavuga ko hari abantu batatu kuri uyu wa Kane bagwiriwe n’ikirombe, umwe muri bo akaba ari umugabo wari wasize ubwiye umugore we ko agiye gushakisha ko hari icyo biririrwa.

Uko ari batatu barapfuye, imirambo ya babiri iraboneka ariko ubwo twandikaga iyi nkuru uwa gatatu yari ataraboneka.

Kuri uyu wa kane Taliki 28, Ukuboza, 2023, ahagana saa sita nibwo  mu kirombe gisanzwe gicukurwamo amabuye yo kubakisha, byamenyekanye ko abantu batatu bagwiriwe n’amabuye.

Abo bagabo barimo babiri bafitanye isano n’umwe wari nyiracyo.

Umugore w’umwe muri abo bantu yabwiye itangazamakuru ko umugabo we yari yasize amubwiye ko agiye gukora ngo arebe ko baza kumuhemba akagira icyo atahana mu rugo kuko nta kintu bari bafite cyo gushyira mu nkono.

Uwo mugore ati: “Umugabo wanjye yabyutse ambwira ngo reka ndabona nta kintu dufite, reka nge guhiga icyo tuza kurya. Umutima wanze, nohereza abana kuvoma babiri, ndababwira ngo ni muzamuka muce aho So ari, mwumve icyo ababwira, dushyire inkono ku ziko dore saa sita zirageze.”

Avuga ko icyo gihe imvura yahise igwa ari nyinshi, umugore aguma mu rugo ariko aza kumva bimwanze mu nda ajya kureba abana na Se.

Yageze yo umugabo amubwira ko yatahana n’abana, ko ari buve aho ku kirombe shebuja amuhaye nka Frw 5000.

Yagiye gushaka Frw 5000 byo kwiririrwa ahasiga ubuzima

Umugore yarazamutse arataha ariko abaye ataragera kure yagiye kumva yumva ikintu kirarindimutse, yumva umugore w’umuturanyi aratabaje ati mutabare ikirombe kigwiriye abantu.

Ng’uko uko abo bantu bagwiriwe n’ikirombe, barapfa.

Abagituriye bavugaga ko bigaragara ko cyashoboraga kuzateza abantu ibyago.

Aba baturage bavuga ko mu bihe bitandukanye bagiye bagaragaza ko ibi birombe byateza ibyago kuko bituriye abaturage, ariko nta kintu ubuyobozi bwabikozeho.

Inzego z’ubugenzacyaha n’iz’umutekano zarahageze ngo zimenye uko byagenze.

TAGGED:AmabuyefeaturedGasaboIkirombeNdubaUmugabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwalimu SACCO Irishimira Umusaruro Wayo Mu Mwaka Wa 2023
Next Article Umunyamakuru Gakire Fidèle Yakatiwe Gufungwa Imyaka Itanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?