Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatabazi Avuga Ko Bidakwiye Ko Ab’I Ngororero Bakura Imbuto Y’Ibirayi I Musanze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Gatabazi Avuga Ko Bidakwiye Ko Ab’I Ngororero Bakura Imbuto Y’Ibirayi I Musanze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2022 7:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yarangizaga urugendo mu Ntara y’Amajyaruguru, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi yasabye ko ikibazo cy’imbuto y’ibirayi yabuze i Ngororero ikaba itumizwa i Musanze cyagombye gucika.

Yabivuze nyuma yo gusura amaterasi y’indinganire yubatswe mu Murenge Kavumu mu Murenge wa  Ngororero mu Karere ka Ngororero.

Umunyamakuru wa RBA  ukorera mu Majyaruguru yanditse ko amaterasi yasuwe na Minisitiri Gatabazi akozwe ku buso bwa hegitari 50 zikaba zisumburanwa mu kuzihingaho ibigori n’ibirayi.

N’ubwo bashima ko guhinga ku materasi y’indinganire byazamuye umusaruro wabo, ku rundi ruhande bavuga ko bidakwiye ko bahendwa no kuvana imbuto y’ibirayi muri Musanze kandi no muri Ngororero bishoboka ko yahatunganyirizwa.

Bavuga ko baramutse bashoboye gutunganyiriza imbuto iwabo byabafasha kuvugurura ubuhinzi bwabo.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi avuga ko yavuze inzego zigiye gufatanya kiriya kibazo kigacyemuka.

Amaterasi y’indinganire ni kimwe mu bikorwa Minisitiri Gatabazi yasuye  ku munsi wa kabiri w’uruzinduko yagiriye muri Ngororero.

Akarere ka Ngororero ni kamwe mu Turere dufite imisozi ihanamye kandi kakunze kugaragaramo ubukene n’ibibazo by’imibereho myiza birimo no kugwingira kw’abana.

Imirenge itandatu ku mirenge 13 igize Akarere ka Ngororero ni yo ihingwamo ibirayi cyane.

Buri gihembwe hakenerwa toni ebyiri z’imbuto kuri hegitari.

Umuhinzi wahinze neza kandi agafumbira, yeza toni 23 kuri hegitari imwe.

TAGGED:featuredGatabaziIbirayiIntaraMinisitiriNgororero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Byatangajwe Ko u Burusiya Bumaze Gupfusha Abasirikare Hafi 10,000 Muri Ukraine
Next Article Imikino Ni Umwarimu Mwiza W’Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?