Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Mudugudu Aravugwaho Kwica Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gatsibo: Mudugudu Aravugwaho Kwica Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2023 2:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Umudugudu a Ruziranyenzi mu Kagari ka Karambi, Umurnge wa Ngarama, Akarere ka Gatsibo aravugwaho  kwica umuturage w’imyaka 32 y’amavuko. Uvugwaho kwica umuturage yitwa Nayigizente n’aho uwishwe yitwa Nyandwi Jean Claude akaba yari afite imyaka 32 y’amavuko.

Umuvandimwe wa nyakwigendera witwa Twagirumugabe Leopord yabwiye itangazamakuru ko ku wa 14 Gashyantare 2023, mukuru  we yakubiswe na Mudugudu bapfa kuba yamutanzeho amakuru yo kugura ibitoki byari byibwe.

Yabwiye UMUSEKE ati: “Mukuru wanjye yatanze amakuru y’abagabo bari bibye ibitoki by’uwitwa Vincent, amaze kuyatanga ibyo bitoki birafatwa, biba ngombwa babibarindisha hamwe na mugenzi we, bati turabahemba.”

Avuga ko Mudugudu yajyaga ‘agura ibintu bitandukanye byibwe’ bityo ko yari yizeye ko ari  bugure biriya bitoki ariko arabitegereza ntiyabibona.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byatumye akeka ko  ababimenye bazamuvamo.

Avuga ko yari yemereye nyiri urutoki Frw 4000.

Uwo kandi ngo asanzwe ari n’umujyanama w’ubuhinzi mu Kagari.

Uriya mugabo avuga ko Mudugudu yafashe mukuru we amukubita umuhini mu rubavu.

Ati: “ Yamukubise umuhini mu rubavu, nyuma amukubita umugeri agwa mu muferege uri ruguru y’umuhanda, amusangamo amukubitiramo.”

- Advertisement -

Nyakwigendera yabanje kujyanwa ku kigo nderabuzima cya Ngarama ageze yo n’aho bamwohereza mu bitaro bikuru bya Ngarama ariko aza kuhagwa.

Uvugwaho gukora biriya, aracyashakishwa kandi ubwo twandikaga iyi nkuru yari atarafatwa.

Umurambo wa nyakwigendera urashyingurwa kuri uyu wa Kane taliki 16, Gashyantare, 2023.

TAGGED:featuredGatsiboMuduguduUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiciro Bizakomeza Kuzamuka Kugeza Mu Mpera Za 2023- BNR
Next Article Neymar Aranugwanugwa Muri Chelsea
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?