Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Mudugudu Aravugwaho Kwica Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gatsibo: Mudugudu Aravugwaho Kwica Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2023 2:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Umudugudu a Ruziranyenzi mu Kagari ka Karambi, Umurnge wa Ngarama, Akarere ka Gatsibo aravugwaho  kwica umuturage w’imyaka 32 y’amavuko. Uvugwaho kwica umuturage yitwa Nayigizente n’aho uwishwe yitwa Nyandwi Jean Claude akaba yari afite imyaka 32 y’amavuko.

Umuvandimwe wa nyakwigendera witwa Twagirumugabe Leopord yabwiye itangazamakuru ko ku wa 14 Gashyantare 2023, mukuru  we yakubiswe na Mudugudu bapfa kuba yamutanzeho amakuru yo kugura ibitoki byari byibwe.

Yabwiye UMUSEKE ati: “Mukuru wanjye yatanze amakuru y’abagabo bari bibye ibitoki by’uwitwa Vincent, amaze kuyatanga ibyo bitoki birafatwa, biba ngombwa babibarindisha hamwe na mugenzi we, bati turabahemba.”

Avuga ko Mudugudu yajyaga ‘agura ibintu bitandukanye byibwe’ bityo ko yari yizeye ko ari  bugure biriya bitoki ariko arabitegereza ntiyabibona.

Byatumye akeka ko  ababimenye bazamuvamo.

Avuga ko yari yemereye nyiri urutoki Frw 4000.

Uwo kandi ngo asanzwe ari n’umujyanama w’ubuhinzi mu Kagari.

Uriya mugabo avuga ko Mudugudu yafashe mukuru we amukubita umuhini mu rubavu.

Ati: “ Yamukubise umuhini mu rubavu, nyuma amukubita umugeri agwa mu muferege uri ruguru y’umuhanda, amusangamo amukubitiramo.”

Nyakwigendera yabanje kujyanwa ku kigo nderabuzima cya Ngarama ageze yo n’aho bamwohereza mu bitaro bikuru bya Ngarama ariko aza kuhagwa.

Uvugwaho gukora biriya, aracyashakishwa kandi ubwo twandikaga iyi nkuru yari atarafatwa.

Umurambo wa nyakwigendera urashyingurwa kuri uyu wa Kane taliki 16, Gashyantare, 2023.

TAGGED:featuredGatsiboMuduguduUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiciro Bizakomeza Kuzamuka Kugeza Mu Mpera Za 2023- BNR
Next Article Neymar Aranugwanugwa Muri Chelsea
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?