Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Mudugudu Aravugwaho Kwica Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gatsibo: Mudugudu Aravugwaho Kwica Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2023 2:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Umudugudu a Ruziranyenzi mu Kagari ka Karambi, Umurnge wa Ngarama, Akarere ka Gatsibo aravugwaho  kwica umuturage w’imyaka 32 y’amavuko. Uvugwaho kwica umuturage yitwa Nayigizente n’aho uwishwe yitwa Nyandwi Jean Claude akaba yari afite imyaka 32 y’amavuko.

Umuvandimwe wa nyakwigendera witwa Twagirumugabe Leopord yabwiye itangazamakuru ko ku wa 14 Gashyantare 2023, mukuru  we yakubiswe na Mudugudu bapfa kuba yamutanzeho amakuru yo kugura ibitoki byari byibwe.

Yabwiye UMUSEKE ati: “Mukuru wanjye yatanze amakuru y’abagabo bari bibye ibitoki by’uwitwa Vincent, amaze kuyatanga ibyo bitoki birafatwa, biba ngombwa babibarindisha hamwe na mugenzi we, bati turabahemba.”

Avuga ko Mudugudu yajyaga ‘agura ibintu bitandukanye byibwe’ bityo ko yari yizeye ko ari  bugure biriya bitoki ariko arabitegereza ntiyabibona.

Byatumye akeka ko  ababimenye bazamuvamo.

Avuga ko yari yemereye nyiri urutoki Frw 4000.

Uwo kandi ngo asanzwe ari n’umujyanama w’ubuhinzi mu Kagari.

Uriya mugabo avuga ko Mudugudu yafashe mukuru we amukubita umuhini mu rubavu.

Ati: “ Yamukubise umuhini mu rubavu, nyuma amukubita umugeri agwa mu muferege uri ruguru y’umuhanda, amusangamo amukubitiramo.”

Nyakwigendera yabanje kujyanwa ku kigo nderabuzima cya Ngarama ageze yo n’aho bamwohereza mu bitaro bikuru bya Ngarama ariko aza kuhagwa.

Uvugwaho gukora biriya, aracyashakishwa kandi ubwo twandikaga iyi nkuru yari atarafatwa.

Umurambo wa nyakwigendera urashyingurwa kuri uyu wa Kane taliki 16, Gashyantare, 2023.

TAGGED:featuredGatsiboMuduguduUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiciro Bizakomeza Kuzamuka Kugeza Mu Mpera Za 2023- BNR
Next Article Neymar Aranugwanugwa Muri Chelsea
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?