Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Mudugudu N’Abanyerondo Basagariwe N’Ukekwaho Ubujura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Gatsibo: Mudugudu N’Abanyerondo Basagariwe N’Ukekwaho Ubujura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2025 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Akarere ka Gatsibo ni kamwe mu Turere turindwi tw'Intara y'Uburasirazuba
SHARE

Steven Nsengiyumva uyobora Umudugudu wa Bidudu mu Kagari ka Ndatemwa mu Murenge wa Kizuguro muri Gatsibo yatekerereje Taarifa Rwanda ibiherutse kumubaho n’abanyerondo ubwo bajyaga gufata François Nkiko ukekwaho kwiba imbaho.

Ahagana saa munani z’ijoro ku wa Kane tariki 03, Mata, 2025 abaturage baramuhuruje we n’irondo ngo bajye gufata Nkiko kuko yari avuye kwiba izo mbaho.

Uyu Nkiko ni umugabo ufite umugore n’abana bane ariko akaba asanzwe azwiho ubujura.

Mudugudu Nsengiyumva avuga ko ubwo bari bageze mu rugo rw’uyu mugabo, bakomanze umugore ababwira ko undi adahari, ko yagiye kurarira umurima w’inyanya mu Murenge wa Kigarama uturanye n’uwa Kiziguro asanzwe atuyemo.

Byari ukuyobya uburari kuko umugabo we yari yihishe munsi y’urugo ari kumva ibiri kubera iwe.

Ndetse ngo yababajije icyo baje gukora iwe.

Nsengiyumva ati: “ Twinjiye mu rugo tuhasanga izo mbaho twemeranya ko dutaha tukazagaruka bukeye bwaho, habona”.

François Nkiko ukekwaho ubwo bujura yarabumvaga hanyuma abonye batashye aza yomboka atema ukuboko umwe mu banyerondo, aramukomeretsa cyane.

Yamutemye mu kizigira gishyura urutugu aramushegesha.

Kubera ko yari amaze kumva ko bazagaruka bukeye bw’aho kandi bakaba barangije kubona aho izo mbaho zihishe, yasanze ko n’ubundi ntacyo kwihisha byamumariye ahitamo kubirangiza atyo!

Ikibabaje, nk’uko Mudugudu abivuga, ni uko Nkiko mu minsi yatambutse yigeze gushaka gutema Gitifu w’Akagari ka Ndatemwa.

Mu kuvuga uko ibintu byagenze icyo gihe Steven Nsengiyumva ati: “ Mbere ariko yigeze gushaka gutema Gitifu w’Akagari ka Ndatemwa nabwo yari yibye ibitoki noneho mutekano wo mu Mudugudu abimubajije, undi amubwira ko niyibeshya akagera iwe azamwica. Mutekano yajyanye na Gitifu nko kwiyambaza izindi mbaraga nibwo yashakaga kumutema ariko ntibyamukundira”.

Ku byerekeye ibiherutse kuba, Umukuru w’Umududugu wa Bidudu avuga ko nyuma y’uko Nkiko atemye umwe mu banyerondo bari bari kumwe, Polisi yaje iramufata ajya gufungirwa kuri Station yayo iri i Kiziguro.

Umudugudu wa Bidudu uri mu Kagari ka Ndatemwa muri Kiziguro ya Gatsibo.

Icyakora nayo ngo babanje kugigira.

Umukuru w’Umudugudu wa Bidudu agira abaturage inama yo kurya ibyo babiriye icyuya.

Yemeza ko kurya ibyo umuntu ataruhiye, ari ububwa kandi bishobora gutuma uwabikoze akurikiranwa mu mategeko.

Imwe mu mpamvu zishobora kuba zitera abantu nka Nkiko kwitwara kuriya ni ubusinzi bw’inzoga z’inkorano.

Nkiko uwo, avugwaho gushaka kubaho nk’umuntu ufite amafaranga kandi mu by’ukuri ntayo.

Ngo azwiho kuzinduka yicaye ku kabari anywa inzoga arya n’inyama zokeje kandi nta kazi kamwinjiriza mu buryo buhoraho agira.

TAGGED:GatsiboImbahoKiziguroMuduguduNkikoNsengiyumvaubujuraUmudugudu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yijeje DRC Umutekano Nayo Ikayiha Amabuye
Next Article Ese Amahanga Araza Guha Agahenge u Rwanda Mu Gihe Cyo Kwibuka Ku Nshuro Ya 31?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?