Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Kagame Yasimbuye Gen Nkubito Mu Kuyobora Ingabo Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Gen Kagame Yasimbuye Gen Nkubito Mu Kuyobora Ingabo Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2023 10:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Major General Eugène Nkubito wayoboraga ingabo z’u Rwanda muri Mozambique yaraye ahererekanyije ububasha na mugenzi we Major Gen Alex Kagame ngo ayobore itsinda ry’ingabo z’u Rwanda na Polisi bari muri Cabo Delgado.

Iri hererekanyabuhasha ribaye nyuma y’iminsi mike Gen Kagame n’abo ayoboye buriye indege bajya i Maputo muri Mozambique aho bagombaga kuva bagana muri Cabo Delgado gusimbura bagenzi babo bushe ikivi.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 04, Kanama, 2023 nibwo Major General Nkubito yagejeje kuri mugenzi we Major General Alex Kagame inyandiko imwemera ko atangira kuyobora ingabo, hanyuma we akagaruka mu Rwanda.

Gen Nkubito yahererekanyije ububasha na Gen Kagame

Ihererekanyabubasha ryabereye muri Mocimboa da Praia ahari icyicaro cy’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Witabiriwe  n’abasirikare n’abapolisi bakuru, abashinzwe ubutasi n’abandi bayobozi.

Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda ivuga ko ubwo  Maj Gen Alex Kagame yageraga muri Mozambique yahawe ikaze na Maj Gen Nkubito amusobanurira ibikorwa by’inzego z’umutekano ndete umwereka  uduce zikoreramo turimo Mocimboa Da Praia, Pundanhar, Afungi, Palma na Mbau.

Maj Gen  Kagame yashimye ibikorwa abamubanjirije bagezeho mu mwaka bari bamaze mu nshingano zabo n’ubufatanye bwiza n’imikoranire y’ingabo za Mozambique n’iz’u Rwanda.

Mu gihe abagaba bakuru b’izi ngabo bahererekanyaga ububasha, ababungirije bashinzwe ibikorwa bya gisirikare ku rugamba( operation commanders) nabo babigenje batyo.

Brigadier General Frank Mutembe yahererekanyije ububasha na Colonel Theodomir Bahizi.

- Advertisement -
Gen Mutembe ahererekanya ububasha na Col Bahizi

Taliki 31, Nyakanga 2023 ubwo ingabo z’u Rwanda na Polisi bahagurukaga i Kanombe bagiye muri Mozambique  bahawe impanuro n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Major Gen Vincent Nyakarundi wari uhagarariye umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda.

Yabibukije ko mu kazi kabo i Cabo Delgado bagomba kuzarangwa n’ubwitange, ikinyabupfura, umurava n’ubumuntu.

TAGGED:featuredGeneralIngaboKagameMozambiqueNkubitoNyakarundiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Amakipe Y’u Rwanda Ya Volley Ari Kwitwara Neza
Next Article ECOWAS Yahaye Niger Nyirantarengwa Y’Amasaha Make Ari Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?