Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Kagame Yasimbuye Gen Nkubito Mu Kuyobora Ingabo Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Gen Kagame Yasimbuye Gen Nkubito Mu Kuyobora Ingabo Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2023 10:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Major General Eugène Nkubito wayoboraga ingabo z’u Rwanda muri Mozambique yaraye ahererekanyije ububasha na mugenzi we Major Gen Alex Kagame ngo ayobore itsinda ry’ingabo z’u Rwanda na Polisi bari muri Cabo Delgado.

Iri hererekanyabuhasha ribaye nyuma y’iminsi mike Gen Kagame n’abo ayoboye buriye indege bajya i Maputo muri Mozambique aho bagombaga kuva bagana muri Cabo Delgado gusimbura bagenzi babo bushe ikivi.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 04, Kanama, 2023 nibwo Major General Nkubito yagejeje kuri mugenzi we Major General Alex Kagame inyandiko imwemera ko atangira kuyobora ingabo, hanyuma we akagaruka mu Rwanda.

Gen Nkubito yahererekanyije ububasha na Gen Kagame

Ihererekanyabubasha ryabereye muri Mocimboa da Praia ahari icyicaro cy’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique.

Witabiriwe  n’abasirikare n’abapolisi bakuru, abashinzwe ubutasi n’abandi bayobozi.

Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda ivuga ko ubwo  Maj Gen Alex Kagame yageraga muri Mozambique yahawe ikaze na Maj Gen Nkubito amusobanurira ibikorwa by’inzego z’umutekano ndete umwereka  uduce zikoreramo turimo Mocimboa Da Praia, Pundanhar, Afungi, Palma na Mbau.

Maj Gen  Kagame yashimye ibikorwa abamubanjirije bagezeho mu mwaka bari bamaze mu nshingano zabo n’ubufatanye bwiza n’imikoranire y’ingabo za Mozambique n’iz’u Rwanda.

Mu gihe abagaba bakuru b’izi ngabo bahererekanyaga ububasha, ababungirije bashinzwe ibikorwa bya gisirikare ku rugamba( operation commanders) nabo babigenje batyo.

Brigadier General Frank Mutembe yahererekanyije ububasha na Colonel Theodomir Bahizi.

Gen Mutembe ahererekanya ububasha na Col Bahizi

Taliki 31, Nyakanga 2023 ubwo ingabo z’u Rwanda na Polisi bahagurukaga i Kanombe bagiye muri Mozambique  bahawe impanuro n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Major Gen Vincent Nyakarundi wari uhagarariye umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda.

Yabibukije ko mu kazi kabo i Cabo Delgado bagomba kuzarangwa n’ubwitange, ikinyabupfura, umurava n’ubumuntu.

TAGGED:featuredGeneralIngaboKagameMozambiqueNkubitoNyakarundiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Amakipe Y’u Rwanda Ya Volley Ari Kwitwara Neza
Next Article ECOWAS Yahaye Niger Nyirantarengwa Y’Amasaha Make Ari Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?