Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: General Numbi Wahoze Ayobora Polisi Ya RDC Yahunze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

General Numbi Wahoze Ayobora Polisi Ya RDC Yahunze

admin
Last updated: 21 March 2021 4:45 pm
admin
Share
SHARE

General John Numbi Tambo wabaye umukuru wa Polisi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yahunze igihugu, bikekwa ko yerekeje muri Zimbabwe.

Gen. Numbi w’imyaka 59 akurikiranyweho uruhare mu kwica impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu Floribert Chebeya wayoboraga umuryango utegamiye kuri leta Voix des Sans Voix n’umushoferi we Fidèle Bazana, ku wa 1 Kamena 2010.

Nyuma y’iminsi amaze atagaragara mu gihugu, amakuru yizewe aturuka muri Haut-Katanga yemeza ko Gen Numbi ari hanze y’imipaka ya RDC.

Georges Kapiamba uyobora umuryango uharanira ubutabera, Association Congolaise pour l’Accès à la Justice (ACAJ), yatangaje ko yabonye amakuru ko Numbi yahungiye muri Zimbabwe nk’uko RFI yabitangaje.

Gen Numbi yakomeje guhakana ibyo aregwa.

Yahunze nyuma y’uko ikirego cye cyongeye kubyutswa n’itabwa muri yombi rya Colonel Christian Kenga Kenga wafashwe umwaka ushize na Jacques Mugabo wafashwe muri Gashyantare, bakekwaho uruhare mu kwica Chebeya.

Hari n’apolisi babiri baheruka kwemera uruhare muri ubwo bwicanyi byo muri Kamena 2010, aribo Alain Kayeye Longwa na Hergil Ilunga wa Ilunga. Bavuze ko byose byakozwe ku mabwiriza ya Gen Numbi.

Umubiri wa Chebeya wabonetse nyuma y’umunsi umwe yishwe bigaragara ko yapfuye aheze umwuka. Umubiri wa Bazana we ntabwo wigeze uboneka kugeza magingo aya.

Perezida Felix Tshisekedi amaze iminsi arwanira ko abantu bahoze bakomeye mu butegetsi bwa Joseph Kabila bagezwa imbere y’inkiko kubera ibyaha bakekwaho.

Muri Gashyantare nibwo Annie Chebeya – umugore wa Floribert Chebeya – yagiranye ikiganiro na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), asaba ubutabera.

Icyo gihe yashinje Gen Numbi na Joseph Kabila wahoze ari perezida, ko aribo bagize uruhare mu rupfu rw’umugabo we.

TAGGED:featuredGénéral John Numbi Tambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushakashatsi Bwerekanye Icyatumye COVID-19 Iba Icyorezo
Next Article Mukamurenzi Uhatanira Kuyobora FRVB Ni Muntu Ki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rusizi: Yiziritse Urumogi Mu Mugongo Arenzaho Imyenda Aranga Arafatwa

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?