Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2025 6:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Byabereye mu Karere ka Gisagara, Umurenge wa Kigembe.
SHARE

Mu Mudugudu wa Syombo, Akagari ka Nyabikenke, Umurenge wa Kigembe muri Gisagara hafatiwe abagabo batatu bakurikiranyweho kwica umucuruzi bamuciye ijosi ubwo bamutegeraga muri sentere ya Nyaruteja atashye avuye gucuruza.

Polisi ikorera muri aka gace ivuga ko uwo mugabo w’imyaka 21 yitwaga Athanase Abijuru, akaba yari asanzwe acuruza inyama, akagira n’aho abantu bagurira icyayi n’amandazi bita kantine yari yarise ‘Umurangaza’, ijambo riva ku mvugo ‘kurangaza abagenzi’.

Mu ijoro ryo kuwa 29 rishyira uwa 30, Ugushyingo 2025, nibwo umurambo w’uwo mugabo bawusenzwe aho bari bamwiciye, bikaba bigaragara ko yatezwe igico abantu bamuca ijosi.

Ubuyobozi bw’aho byabereye buvuga ko uwo mucuruzi yiciwe ahantu hajimye ubwo yari atashye, hakaba hari bitaruye ingo kandi hateye ikawa.

Abamwishe banamwambuye amafaranga ye baranduruka.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Kamanzi Hassan, yabwiye itangazamakuru ko amakuru uru rwego rufite avuga ko abishe uriya mugabo babikoze nkana kuko bari ‘bamaze iminsi bamuhigira kuzamuhana’.

Chief Inspector of Police( CIP) Hassan Kamanzi.

Ati: “Mu bafashwe barimo umugabo wahoraga amubwira ko azamwihimuraho, uwo yahoraga avuga ko yababajwe n’uko aherutse kubafungishiriza umwana.’’

Kamanzi avuga ko umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Kibirizi gukorerwa isuzuma, abakekwaho kumwica bo bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyanza, mu gihe iperereza kuri bo rigikomeje.

Uwapfuye asize umugore n’umwana umwe.

Icyo amategeko ateganya ku cyaha nk’icyo iyo gihamye ugishinjwa

Igihano cy’ubwicanyi mu Rwanda ni igifungo cya burundu. Iki gihano giteganywa n’Ingingo ya 107 y’Itegeko N°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu Rwanda.

Ingingo nyamukuru zerekeranye n’iki gihano:

Igihano cy’igifungo cya burundu: Iyo umuntu ahamijwe icyaha cyo kwica undi abishaka, ahanishwa igifungo cya burundu.

Mbere y’umwaka wa 2007, u Rwanda rwari rufite igihano cy’urupfu, ariko cyavanyweho, maze igihano cya burundu gisigara ari cyo cyihanishwa ibyaha bikomeye birimo n’ubwicanyi.

Iyo hari umuntu uhamijwe icyaha cy’ubwinjiracyaha mu cyaha cy’ubwicanyi gisanzwe gihanishwa igifungo cya burundu, we aba ashobora guhanishwa gufungwa imuaka 25.

Ikindi ni uko uretse igihano cy’igifungo, uwahamijwe icyaha cy’ubwicanyi ashobora no gutegekwa gutanga indishyi z’akababaro ku miryango ya nyakwigendera.

Ubushinjacyaha n’Inkiko mu Rwanda bakunze gushingira kuri iyi ngingo ya 107 mu manza zerekeye ubwicanyi, aho abahamijwe ibi byaha bahabwa igihano cy’igifungo cya burundu.

TAGGED:GisagaraIjosiKamanziKigembePolisiUmucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kuba Twahurira Washington Tukagira Ibyo Twemeranyaho Ni Ikintu Cyiza-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?