Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisagara: Muganga Arakekwaho Kwica Umwana W’Imyaka Umunani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Muganga Arakekwaho Kwica Umwana W’Imyaka Umunani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2024 7:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’ibitaro bya Gakoma byo mu Karere ka Gisagara yatawe muri yombi akekwaho kwica umwana w’imyaka umunani yareraga.

Ganza Lyanne yari umwana w’imyaka umunani wigaga mu mwaka wa Gatatu w’amashuri abanza.

Uwo mwana yarerwaga n’uwo muganga washatse Nyina nyuma yo kumureshya agata umugabo babanaga.

Se w’uwo mwana witwa Jean Bosco Uwimana yabwiye itangazamakuru ko Nyina w’umwana we yamwoherereje ubutumwa bugufi amubikira ko umwana yapfuye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Undi yahise abwira abo mu muryango we ko agize ibyago ko agiye yo kureba.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bavuga ko uwo mugabo yababwiye ati: “Bageze yo basanga urupfu rwe ntirusobanutse kuko bavugaga ko umwana yiyahuye, none umwana w’imyaka umunani yiyahura ate? Kuko abo nohereje banarebye ibimenyetso babona ntibifatika”.

Uwo mubyeyi avuga ko nubwo abavuga ko uwo mwana yiyahuje umwenda bifubika mu ijosi bita furari, kuri we ari ikinyoma kuko uburyo umwana yapfuyemo ubihuje ni uko uwamubonye ajya kujugunya imyanda ari uwo  muganga wakeka ko ari we wamuhotoye.

Uwo muganga avuga ko uwo mwana yinize agiye kujugunya imyanda ariko Se akavuga ko bitumvikana ukuntu umwana uba mu rugo rufite abakozi babiri ajya kujugunya imyanda hanyuma akiniga agapfa.

Uyu mubyeyi avuga ko urebye uko umwana we yapfuye, utabura gukeka ko yishwe anizwe.

- Advertisement -

Hagati aho uwo mubyeyi yatanze ikirego Ubugenzacyaha buta muri yombi ukekwa, akaba ari umuyobozi w’ibitaro bya Gakoma muri Gisagara.

Nyina w’uriya mwana wapfuye yabyaranye na Uwimana  abana babiri kuko bamaranye imyaka icumi.

Avuga ko mbere y’uko uwahoze ari umugore we ajya kubana n’uwo muganga, yari umucungamutungo mu bitaro bya Nyanza.

Aho muganga ukekwaho kwica uriya mwana atangiriye kuyobora ibitaro bya Gakoma nibwo yatangiye kumureshya kugeza ubwo ataye Uwimana barabana aramusanga.

Niko amakuru avuga.

Icyakora Uwimana yabanaga nuwo mugore we batarasezeranye mu mategeko.

Muganga amaze kureshya uwo mugore baje no kubana mu buryo bwemewe n’amategeko.

N’ubwo muganga yakoreraga i Gisagara, urugo rwe n’uwo mugore ruri mu Mujyi wa Kigali ari naho uwo mwana yaguye.

Uwimana  avuga ko mu bihe bitandukanye yaregeye Urukiko arubwira ko afite impungenge ko abana be bazagira ikibazo.

Yabwiye UMUSEKE ati: “Njyewe nareze umugore wanjye ko nshaka abana banjye ngo mbarere ariko urukiko ntirwabihaye agaciro kugera naho umwana wanjye apfiriye mu maboko yabo”.

Urugo rwa muganga n’uwo mugore we ruba mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, umurambo w’umwana wajyanywe mu bitaro bya Kacyiru kugira ngo usuzumwe, ukekwa we afungiye kuri Station ya RIB i Karama.

Ifoto: Muganga ukekwaho  guhotora umwana.

TAGGED:featuredGisagaraKigaliRIBUmugoreUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Ntashaka Inama Z’Urudaca Abayobozi Bakoresha
Next Article Uzziel Yatangiye Inshingano Zo Kuyobora BK
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?