Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gitifu Wanugwanugwaga Kurya Amafaranga Y’Abaturage Yasezeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gitifu Wanugwanugwaga Kurya Amafaranga Y’Abaturage Yasezeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2024 8:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uvugwa muri iyi nkuru ni uwari usnazwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rurangazi, Umurenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza wavugwaga kurya amafaranga abaturage bamuhaye nka mutuelle.

Yasezeye ku mirimo ku wa 15, Gicurasi, 2024 ku mpamvu uyu mugabo witwa Jean Bosco Murangwa avuga ko ari bwite.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme uyobora Akarere ka Nyanza avuga ko yabonye ibaruwa y’uwo muyobozi ariko atarasubizwa.

Yagize ati: “Yego yasabye guhagarika akazi igihe kitazwi gusa ibaruwa twayibonye ejo n’ubwo tutaramusubiza”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbere y’uko uvugwa muri ubwo buhemu( ntarabihamwa n’inkiko) ajya kuyobora Akagari ka Rurangazi muri Nyagisozi yayoboraga Akagari ka Karama mu Murenge wa Cyabakamyi, aho akaba ari ho bikekwa ko yaba yaraririye amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza ya mutuelle de santé.

Mu Kagari Rurangazi niho uwo muyobozi yayoboraga.

Nyuma y’aho bivugiwe,  Meya Ntazinda yamwandikiye ibaruwa amusaba ibisobanuro kuri ayo makuru, undi arayisubiza ariko ubuyobozi ntibwanyurwa, bunamusaba kwitaba akanama gashinzwe ikinyabupfura.

Ntibyarangiriye aho ahubwo yakomeje gukorwaho iperereza.

Uvugwaho iyi dosiye yakomeje kuba aho ariko afite impungenge ko yazatabwa muri yombi kubera ko ibyo yakekwagaho bishibora kuba bigize icyaha nshinjabyaha.

Meya Ntazinda yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ati: “ Twaza gukurikirana tukamenya neza uko bimeze gusa umuyobozi uriye amafaranga y’abaturage nabyo ni icyaha. Ariko si njye ugenza ibyaha gusa nshinzwe kureba amakosa akorwa n’abayobozi b’aho nshinzwe,  gusa iyo umuntu asezeye aba agomba gutegereza agasubizwa kuri ubwo bwegure bwe ko ashobora no kudasubizwa”.

- Advertisement -
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme

Isezera rye akarere ka Nyanza karamutse karyemeje si we wa mbere waba usezeye ari umuyobozi mu karere .

Mu myaka itanu ishize, abanyamabanga nshingwabikorwa b’Akagari barenga umunani bamaze gusezera ku mpamvu bita ko ari izabo bwite.

Turacyashakisha uko twavugana na Murangwa Jean Bosco uvugwa mu kurya amafaranga y’abaturage kugira ngo agire icyo abivugaho.

TAGGED:ErasmeGitifuMutuelleNtazindaNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibishoboka Ahandi No Muri Afurika Byakunda- Kagame
Next Article Bugesera: Ingimbi Iravugwaho Kwica Umusaza N’Umukecuru Bamureze Akiri Umwana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?