Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Grenade Iherutse Guturikira Muri Kicukiro Ntawayihateye- RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Grenade Iherutse Guturikira Muri Kicukiro Ntawayihateye- RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2022 11:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki 07, Mata, 2022, ubwo hatangiraga Icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Mudugudu wa Indakemwa, Akagari ka Nyakabanda mu Karere ka Kicukiro haturikiye grenade. Iperereza ryahise ritangira, ibyavuyemo bikerekana ko iriya gerenade itatewe n’umuntu runaka.

Iperereza ryerekana ko iriya grenade yari imaze igihe ahantu harunze ibikoresho by’ubwubatsi.

Abantu babajijwe mu gihe cy’iperereza ry’ibanze barimo n’abatuye muri iriya nzu bavuze ko iriya gerenade abana  bayifashe batazi ko ari igiturika.

Ibikoresho by’ubwubatsi byahashyizwe bari gusana  inzu.

Ibyavuye mu iperereza ry’ibanze rero byerekana ko mbere y’uko iriya grenade iturika, abana bayifashe bayikuye muri ibyo byuma byasagutse basana iriya nzu, batangira kuyikinisha bayitiranyije n’igikinisho.

Yaje guturika ikomeretsa umwana umwe.

Uwakomeretse yajyanywe kwa muganga kugira ngo avurwe.

Ibyavuye mu iperereza ry’ibanze bivuguruza ibyanditswe na bimwe mu binyamakuru, kuko ryo rigaragaza ko iriya grenade itatewe n’umuntu, nta nubwo yarigamije gukomeretsa.

Icyakora, Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha ,RIB, Dr Thierry B. Murangira yabwiye Taarifa ko iperereza kuri iki kibazo rigikomeje.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Thierry B. Murangira
TAGGED:featuredGrenadeKicukiroNiboye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yafashe Abantu Bagaragaye Muri Video Bakubitira Umuturage Mu Muhanda
Next Article Ubukangurambaga Bwa Kambanda Ashishikariza Intiti Gukora Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?