Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guhoza Abakozi Ku Nkeke Byahombeje Ellen DesGeneres, Isomo Ku Bakoresha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibyamamare

Guhoza Abakozi Ku Nkeke Byahombeje Ellen DesGeneres, Isomo Ku Bakoresha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 March 2021 9:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare y’ibarura ry’abantu bakurikiye ikiganiro cy’Umunyamerikakazi Ellen DeGeneres  mu mwaka ushize yagaragaje ko bagabanutseho miliyoni imwe mu gihe cy’umwaka. Bivugwa ko abantu bamuvuyeho nyuma ya raporo zivuga ko akoresha igitutu no guhoza abakozi be ku nkecye.

Ikiganiro The Ellen DeGeneres Show nicyo kiganiro cyakunzwe mu mateka yose ya Televiziyo kuva yashingwa ku isi. The New York Times yanditse ko imibare iherutse kubona igaragaza ko abantu bakurikiraga kiriya kiganiro bagabanutseho 43% mu gihe cy’umwaka umwe, iki kikaba ari igihombo kinini kuri Ellen DesGeneres.

Ikindi ni uko mu myaka myinshi yabanje yabanjirije 2020, kiriya kiganiro cyakurikiranwaga n’abantu bashya bagera kuri Miliyoni 1.1.

Muri rusange cyarebwaga n’abantu bashya barenze gato miliyoni 2.6 ku mwaka kandi ku isi hose.

Nyuma y’amakuru yatangajwe umwaka ushize, akaba yari ashingiye ku buhamya bwa bamwe mu bayobozi bakora mu kigo cye, yavugaga ko abakoresha agatunambwenu kandi akabandagaza muri bagenzi babo, hari bamwe mu bakunzi b’ikiganiro cye batangiye kumuvaho.

Ikindi kibigaragaza ni uko ubwo imibare y’abantu bashya bazaga kureba ikiganiro cye yagabanutse, iy’abandi bakorera ibiganiro kuri Televiziyo muri USA yarazamutse.

Urugero rutangwa cyane ni urw’umuhanzi witwa Kelly Kelly Clarkson. Uyu aherutse kwakira mu kiganiro cye Madamu Jill Biden uyu akaba ari Umufasha wa Perezida Joe Biden.

Ellen DeGeneres aratakamba…

DesGeneres yanditse avuga ko atifuza ko hari umuntu wamubona nabi, akamufata uko atari.

Avuga ko atari umuntu mubi nk’uko byatangajwe na bamwe mu bakozi be ariko akavuga ko yiseguye ku muntu wese waba warababajwe n’ibyamuvuzweho.

Yagize ati: “ Njye uwo ndi we ni uko ndi umuntu utifuza ko hari undi wababara. Ngerageza kuba umuntu mwiza uko nshoboye ariko habaye hari uwo ibyamvuzweho byaba byarakomerekeje yanyihanganira.”

N’ubwo asaba imbabazi abafana be, ikigaragara ni uko abagore ari bo bamwanze kurusha abagabo. Ya mibare twavuze haruguru, yerekana ko ikiciro cy’abagore bafite munsi y’imyaka 54 ari bo biganje mu bagabanutse mu bafana be.

Isomo ku bakoresha …

Kuba imari ya Ellen DesGeneres iri kugabanuka kubera ko abamukurikiraga nabo bagabanutse kubera ibyamuvuzweho by’uko abamukorera bahora mu bwoba, byagombye kubera isomo abakoresha.

Iyo umukoresha akoresha umuntu ariko ntamwubahe, burya nawe aba arimo guhomba. Umukozi ashobora gukora nabi akaguhombya, cyangwa akazata akazi atakumenyesheje, gushaka undi bikaguhenda.

Ikindi ni uko iyo umukozi aganiza  abaturanyi be cyangwa abandi bantu akababwira ububi bw’umukoresha we bituma batangira kumva batamwiyumvamo, ndetse yaba akora mu rwego nk’urwa DesGeneres bigatuma abantu batareba ibiganiro bye cyangwa ngo bumve bashamadukiye serivisi atanga.

Ku rundi ruhande, abakoresha b’umutima mwiza basarura imbuto zawo binyuze mu nzira nyinshi.

Umukozi ufite umukoresha mwiza yibwiriza ibyo akora, akabikora adakorera ijisho kandi ayo ahembwe akumva amuguye neza.

Ibiri kuba ku cyamamare Ellen DesGeneres byagombye kuba isomo ku bakoresha  ndetse no ku bayobozi mu ngeri zose

TAGGED:AbakoziBidenDesGeneresfeaturedNkeke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Misiri Iri Kubaka Umurwa Mukuru Mushya
Next Article Umuntu Witwaje Imbunda Yarashe Abantu 10 Muri Colorado
1 Comment
  • Pingback: Homepage

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?