Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gusana Katedalari Notre Dame de Paris Yigeze Gukongoka Biri Hafi Kurangira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gusana Katedalari Notre Dame de Paris Yigeze Gukongoka Biri Hafi Kurangira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2024 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yatemberejwe ibyumba bya Katedalari Notre de Dame de Paris, ikaba imwe mu nyubako zikomeye ku isi kubera igihe zubakiwe n’ubuhanga yubakanywe.

Ni inyubako nini yubatswe mu Kinyejana cya 11 gishyira icya 12 ubwo Ubufaransa bwayoborwaga n’umwami Ludoviko XIII.

Muri Mata, 2019 igisenge cyayo cyarahiye kirundumukira hasi.

Abahanga mu bwubatsi bo hirya no hino ku isi bahise batangira kwiga uko bayisana.

Abantu 2000 nibo bakoze amanywa n’ijoro ngo basane iyo nyubako ku ngengo y’imari ya miliyoni €700.

Perezida Emmanuel Macron yabashimiye imirimo yabo, avuga ko bahabereye intwari kuko byatumye iriya nyubako y’amateka ( hashize imyaka 800 yubatswe) yongera kugira ubuzima.

Ashima amahanga ko yagize uruhare mu gusana iriya nyubako, akemeza ko ubwo yashyaga byababaje amahanga yose.

Ati: ” Ni ikintu cyerekana ubufatanye bwa bose mu kongera gusana iyi nyubako Notre-Dame.

Ikindi Perezida w’Ubufaransa avuga ni uko nta faranga muyari yateganyirijwe kuyisana ryigeze ripfa ubusa.

Abubatse iriya nyubako bayishyizemo ibibumbano byerekana abakomeye bo mu bwami bwa Ludoviko XIII.

Igisenge cyayo ku nshuro ya mbere cyuzuye mu Kinyejana cya 12 ariko gukomeza kivugururwa uko imyaka yahitaga indi igataha.

Ubwo mu Bufaransa habaga impinduramatwara yakuyeho ubwami abanyamateka bise French Revolution, iyo nyubako yarasenywe ariko mu mwaka wa 1860 irasanwa.

Iheruka gusanwa hari mu mwaka wa 1950.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi Wa Israel Afitiye Ubutumwa Abanyarwandakazi
Next Article Arusha Hagiye Kubera Inama Ikomeye Y’Abakuru Ba EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?