Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gusana Katedalari Notre Dame de Paris Yigeze Gukongoka Biri Hafi Kurangira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gusana Katedalari Notre Dame de Paris Yigeze Gukongoka Biri Hafi Kurangira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2024 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yatemberejwe ibyumba bya Katedalari Notre de Dame de Paris, ikaba imwe mu nyubako zikomeye ku isi kubera igihe zubakiwe n’ubuhanga yubakanywe.

Ni inyubako nini yubatswe mu Kinyejana cya 11 gishyira icya 12 ubwo Ubufaransa bwayoborwaga n’umwami Ludoviko XIII.

Muri Mata, 2019 igisenge cyayo cyarahiye kirundumukira hasi.

Abahanga mu bwubatsi bo hirya no hino ku isi bahise batangira kwiga uko bayisana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abantu 2000 nibo bakoze amanywa n’ijoro ngo basane iyo nyubako ku ngengo y’imari ya miliyoni €700.

Perezida Emmanuel Macron yabashimiye imirimo yabo, avuga ko bahabereye intwari kuko byatumye iriya nyubako y’amateka ( hashize imyaka 800 yubatswe) yongera kugira ubuzima.

Ashima amahanga ko yagize uruhare mu gusana iriya nyubako, akemeza ko ubwo yashyaga byababaje amahanga yose.

Ati: ” Ni ikintu cyerekana ubufatanye bwa bose mu kongera gusana iyi nyubako Notre-Dame.

Ikindi Perezida w’Ubufaransa avuga ni uko nta faranga muyari yateganyirijwe kuyisana ryigeze ripfa ubusa.

- Advertisement -

Abubatse iriya nyubako bayishyizemo ibibumbano byerekana abakomeye bo mu bwami bwa Ludoviko XIII.

Igisenge cyayo ku nshuro ya mbere cyuzuye mu Kinyejana cya 12 ariko gukomeza kivugururwa uko imyaka yahitaga indi igataha.

Ubwo mu Bufaransa habaga impinduramatwara yakuyeho ubwami abanyamateka bise French Revolution, iyo nyubako yarasenywe ariko mu mwaka wa 1860 irasanwa.

Iheruka gusanwa hari mu mwaka wa 1950.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi Wa Israel Afitiye Ubutumwa Abanyarwandakazi
Next Article Arusha Hagiye Kubera Inama Ikomeye Y’Abakuru Ba EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?