Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gusubiranya Amashyamba Bizakorwa Ku Kigero Cya 76%-Min Mujawamariya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeMu mahanga

Gusubiranya Amashyamba Bizakorwa Ku Kigero Cya 76%-Min Mujawamariya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2024 8:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni umuhigo watanzwe na Minisitiri w’ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya ubwo yatangizaga icyumweru cyo kwita ku bidukikije cyarabgirijwej muganda ngarukakwezi waraye uhuriweho n’Akarere ka Nyamagabe, aka Karongi n’Akarere ka Ruhango.

Dr Mujawamariya avuga ko u Rwanda rwihaye intego yo gusana no gusubiranya ubutaka n’amashyamba byangiritse ku kigero cya 76% bitarenze umwaka wa 2030 ni ukuvuga mu gihe cy’imyaka itandatu iri imbere.

Avuga ko hari ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 30 ishize kuko rwashoboye gusana hegitari zingana n’ubuso bwa 30,4% by’ubuso bw’igihugu cyose, rutera amashyamba kuri hegitari zirenga 70, 000 ahatuye ibinyabuzima by’amoko atandukanye.

Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya Ati: Twasannye igishanga cy’u Rugezi, Pariki ya Mukura ndetse ni iya Gishwati”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Asaba abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, abinura umucanga kujya babikora babungabunga ibidukikije.

Yunzemo kandi ko ibyo bikwiye no gukorwa n’abaturiye imigezi ya Mwogo na Mbirurume bakirinda kuyisukamo ibintu biyihumanya kuko ariyo ivamo umugezi wa Nyabarongo uhura n’Akanyaru bigakora Uruzi rwa Akagera ari ko gakomeza kakahereza amazi mu Isoko y’Uruzi rwa Nile.

Dr Mujawamariya yabwiye abaturage ko umwaka wa 2030 uzarangira baramaze gusana amashyamba no gusubiranya ubutaka bwangiritse bugera kuri hegitari miliyoni ebyeri bingana na 76% by’ubuso bw’igihugu.

Umwe mu batuye Nyamagabe witwa Ngayaberura Donath wo mu Murenge wa Musange avuga ko gutera ibiti no gucukura imiringoti ku musozi ihanamiye iyi migezi ari ikintu gishimishije kuko mu bihe by’imvura isuri imanukana ubutaka buteyeho inyaka ikaroha muri Nyabarongo.

Ashima ko imigano yatewe ku nkengero za Mbururume na Rukarara izafasha mu gukumira iyo suri.

- Advertisement -

Ati: “Imigano Leta yateye ku nkengero z’iyi migezi ya Mwogo na Mbirurume yonyine ntihagije. Niyo mpamvu bongereyeho imirwanyasuri ngo ifate ubutaka”

Abandi baturage bavuga ko bari ibitaka, n’amabuye biva mu mpinga y’imisozi itatu ikikije iyi migezi yombi bikajya mu mazi y’imigezi, ugasanga iranduye cyane.

Hagati aho u Rwanda rushimirwa ko rwaciye amashashi yangiza ubutaka binyuze mu kububuza kwakira amazi n’umwuka kandi rukaba rwarashyizeho politiki zihamye zo kurinda ibidukikije ngo ‘bidakomeza’ kwangirika.

Insanganyamatsiko y’icyumweru cy’ibidukikije mu Rwanda iragira ati: “Dusubiranye Ubutaka bwangiritse, twongere ubudahangarwa turwanya ubutayu n’amapfa”.

Umuganda wavugiwemo ibyo gusubiranya amashyamba angana kuriya ku rwego rw’igihugu, wabereye mu isoko y’amasangano y’umugezi wa Mbirurume ni uwa Mwogo.

TAGGED:AmashyambafeaturedIbidukikijeMujawamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba Mukuru W’Ingabo Z’u Rwanda Yasuye Uw’Iza Uganda
Next Article Ibya Palestine Bizagenda Gute Nyuma Y’Intambara Ya Gaza?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?