Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gusura Urwibutso Rwa Kigali Byahagaritswe Kubera Uruzinduko Rwa Perezida Wa Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Gusura Urwibutso Rwa Kigali Byahagaritswe Kubera Uruzinduko Rwa Perezida Wa Tanzania

admin
Last updated: 01 August 2021 6:06 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali bwamenyesheje abantu batandukanye ko ibikorwa byo kurusura bitemewe kuri uyu wa Mbere, umunsi witezweho uruzinduko rwa Perezida Samia Suluhu wa Tanzania.

Perezida  Suluhu kuri uyu wa 2 Kanama azatangira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, rugamije gushimangira umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye.

Ibiro bye byatangaje ko bimwe mu bizakorwa muri urwo ruzinduko ari ibiganiro azagirana Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, nyuma abo bayobozi bombi bagakurikirana isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Icyo gikorwa kizakurikirwa n’ikiganiro n’abanyamakuru, nk’uko itangazo rya Tanzania ribyemeza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru yemeza ko mu bindi bikorwa bizajyana n’uruzinduko rwa Perezida Suluhu harimo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi no gusura icyanya cyahariwe inganda i Masoro mu Karere ka Gasabo, ahazwi nka Kigali Special Economic Zone.

Ni agace karimo inganda zikomeye nka AZAM itunganya ifarini n’ibindi biribwa birimo imitobe, ifite ibikorwa bikomeye muri Tanzania.

Bijyanye n’uburyo bumaze kumenyerwa, urwibutwo rwa Jenoside rwa Kigali ntabwo ruzakira abarusura basanzwe kuri uyu wa Kabiri, kubera uruzinduko rw’uriya mucyacyubahiro.

Ubuyobozi bwarwo bwatangaje buti “Ku nshuti zacu n’abashyitsi, twifuje kubamenyesha ko ejo ku wa Mbere tariki 2 Kanama ruzaba rufunze. Tuzasubukura imirimo ku wa Kabiri tariki 3 Kanama. Tubashimiye uburyo mubyakiriye.”

 

- Advertisement -

To our friends and visitors, we wish to inform you that the memorial will be closed tomorrow, Monday 2 August. We will re-open on Tuesday, 3 August. Thank you for your understanding.

— Kigali Genocide Memorial (@Kigali_Memorial) August 1, 2021

Taarifa yamenye ko ari icyemezo cyafashwe kubera ko Perezida Suluhu azasura uru rwibutso.

Iyo u Rwanda rwakiriye abayobozi bakomeye, kubasobanurira amateka yaranze ibihe byabanjirije Jenoside birimo uko yateguwe, uko yashyizwe mu bikorwa ndetse n’ibihe byayikurikiye birimo guhangana n’ingaruka zayo, ni bimwe mu bikunze kuba ku murongo wa gahunda zabo.

Umuyobozi uheruka mu Rwanda ni Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, na we akaba yarasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ndetse ahavugira ijambo yemereyemo uruhare rw’icyo gihugu mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe nabwo urwibutso rwari rwafunzwe ku bantu basanzwe.

To our friends and visitors, we wish to inform you that we will be closed tomorrow morning Thursday 27 May 2021. We will reopen from 2pm.
Thank you for your understanding.

— Kigali Genocide Memorial (@Kigali_Memorial) May 26, 2021

Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali nirwo runini kurusha izindi mu gihugu.

Ruruhukiyemo imibiri isaga 250,000 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rukaba ahantu ho kwigira amateka akomeye igihugu kimaze kunyuramo.

Rwubatswe guhera mu 1999, rutangira gushyingurwamo mu mwaka wa 2001.

 

TAGGED:featuredJenosideSamia Suluhu HassanUrwibutso rwa Jenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pegasus Yahagaritswe Mu Bihugu Bimwe
Next Article Imodoka Yahiriye I Rugende Polisi Iyirinda Gukongoka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?