Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Yashyizeho Uburyo Bwo Kurinda Ubuhinzi Kwibasirwa N’Ibiza- PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Guverinoma Yashyizeho Uburyo Bwo Kurinda Ubuhinzi Kwibasirwa N’Ibiza- PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 12:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe  Dr. Edouard Ngirente yavuze ko mu rwego rwo gufasha urubyiruko rw’u Rwanda gukora ubuhinzi bugamije isoko kandi bwihagije mu biribwa, Guverinoma yashyizeho ingamba zo kuburinda ibyago bitezwa n’ibiza kamere.

Yabivugiye mu nama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’ubuhinzi hagamijwe kwihaza mu biribwa.

Avuga ko ubuhinzi muri Afurika bukwiye gukoresha ubuhanga buboneka mu bihugu by’uyu mugabane kugira ngo habeho uburyo busangiwe bwo kongera umusaruro.

Ibi kandi ngo bizagirwamo uruhare runini n’imikorere y’isoko rusange ry’Afurika.

Avuga ko mu rwego rwo guha uru rwego rw’ubukungu imbaraga, ari ngombwa kurushaho kurushyiramo urubyiruko n’abagore.

Kugira ngo inzara icike muri Afurika ngo ni ngombwa ko ibyo byiciro by’abantu bihabwa umwanya kandi hagashyirwaho uburyo bwo kugabanya ibiteza ibihombo muri uru rwego rw’ubukungu.

Ku byerekeye u Rwanda, Minisitiri w’intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko uru rwego rufatiye runini umusaruro mbumbe.

Abanyarwanda bangana na miliyoni eshatu bakora ubuhinzi mu buryo buhoraho.

Uru rwego rufite uruhare rungana na 27% by’umusaruro mbumbe w’u Rwanda.

Icyakora Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko kugira ngo ubuhinzi bugire akamaro  kuri benshi mu babukorera muri Afurika ari ngombwa gukorera hamwe, hatekerezwa ibintu bishya byarinda ibiza bihombya abahinzi no kongera umusaruro.

Muri Nzeri, 2024 u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga ku buhinzi, iyabaye ikaba ari itegura iyo izaba ari ngari kurushaho.

TAGGED:MinisiteriNgirenteUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asaba Ingabire Victoire Kuzirikana Akamaro K’Imbabazi Yamuhaye
Next Article Kagame Yijeje Perezida Mushya Wa Senegal Gukomeza Imikoranire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?