Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Habineza Ati: ‘Gutsindwa Nabyakiriye’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Habineza Ati: ‘Gutsindwa Nabyakiriye’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2024 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kumva uko amajwi yabaruwe kugeza saa yine z’ijoro abigaragaza, Dr. Frank Habineza wiyamamarizaga kuyobora u Rwanda yatangaje ko yemeye ko Paul Kagame yamutsinze.

Mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda[kazi], Dr. Frank Habineza wiyamamaje nk’umukandida wa Green Party yavuze ko  mu kanya gashize yamaze kubona ibyavuye mu matora by’agateganyo byatangajwe na Komisiyo y’igihugu y’amatora.

Ati: “ Twagira ngo dutangaze ko twabyakiriye kandi tugira ngo duhe felicitations”.

Habineza yatsinzwe ku gipimo kinini kuko yagize amajwi angana na 0.53% bingana n’amajwi 38,301.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kagame we yatowe n’abantu 7,099,810, amajwi yabo akaba angana na  99.15% by’abatoye bose hamwe.

Uwa gatatu wari uri mu ihiganwa ryo kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ni Philippe Mpayimana watowe n’abantu 22,753 bafite ijanisha rya 0,32.

Muri rusange abatoreye mu mahanga bangana na 52.73% mu majwi yari yamaze kubarurwa angana na 40,675.

Mu Banyarwanda batoreye mu mahanga, abatoye Kagame Paul bangana na 95.40%, abatoye  Frank Habineza ni 2.15% naho Philippe ni 2.45%

Uko bigaragara Abanyarwanda baba mu mahanga batoye Mpayimana kurusha uko batoye Habineza kuko uwa mbere afite 2.45% n’aho uyu wa nyuma, ni ukuvuga Habineza we agira 2.15%.

- Advertisement -

Mu Rwanda ho mu Ntara y’Amajyaruguru abatoye bangana 77.81% bangana na 1,151,970, Paul Kagame atorwa ku majwi 99.65%, bangana na 1,167,962.

Frank Habineza yatowe ku majwi angana na 0.27% bangana na 3,053.

Mpayimana Philippe yagize amajwi 0.08% bangana 935.

Aha ni mu Majyaruguru.

Mu Ntara y’Amajyepfo abatoye bose bangana na 78.57% bangana 1,615,265, Paul Kagame ahatsindira ku majwi 98.60%, Frank habineza agira 0.73% naho Mpayimana Philippe agira 0.67%.

Intara y’Uburasirazuba abatoye bose bangana 1,766799 bangana na 78.65%, Kagame ahagira amajwi 99.30% angana na 1,754,489 .

Frank Habineza we yatowe n’abantu 11,369 bangana na 0.64% naho Mpayimana ni 0.05% bangana na 961.

Mu Ntara y’Uburengerazuba abatoye bose ni 1,607,932. Paul Kagame yagize amajwi 99.60% bangana na 1,491,447.

Habineza yahagize amajwi angana na 0.11 %angana n’abantu 1,839, Mpayimana Philippe agira amajwi 0.29% angana na 4,446.

Abatuye Umujyi wa Kigali batoye bose bangana 978,223 bangana na 83.45%, Kagame yahagize amajwi 98.59% ku bantu 966,452, Frank Habineza ni 0.96% angana n’abantu 9,433 bamutoye, Mpayimana Philippe agira 0.44% angana n’abantu 4,33 .

NEC ivuga ko izatangaza mu buryo bwa burundu ibyavuye mu matora bitarenze tariki ya 27, Nyakanga, 2024.

Muri iryo joro Kagame yahise ahura na bamwe mu bamutoye abashimira mu izina ry’abandi ku kuba bamugiriye icyizere.

Yababwiye ko iyo ari kumwe nabo atajya ashoberwa, ariko ababwira ko akazi kenshi kari imbere.

TAGGED:AmatorafeaturedHabinezaKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yongeye Gutsindira Kuyobora u Rwanda 
Next Article Koffi Ntiyitabye Urukiko Ngo Aburane Ku Byo Yavuze By’Uko Ingabo Za DRC Zidashoboye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?