Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Habineza Joseph Wabaye Minisitiri Yitabye Imana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Habineza Joseph Wabaye Minisitiri Yitabye Imana

Last updated: 20 August 2021 6:13 pm
Share
SHARE

Habineza Joseph wabaye Minisitiri wa Siporo na Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, yitabye Imana azize uburwayi nk’uko amakuru agera kuri Taarifa abyemeza.

Habineza w’imyaka 57 yamenyekanye mu myanya itandukanye, aho yabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo kuva mu 2004 kugeza ubwo yeguraga mu 2011. Ni umwanya yamazeho hafi imyaka irindwi.

Yongeye kugaruka kuri uwo mwanya muri Nyakanga 2014, asimbuye Protais Mitali. Hari nyuma y’igihe gito yamaze ari ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria.

Kuri iyi nshuro ntabwo yatinzeho kuko yavuyeho muri Gashyantare 2015, asimburwa na Julienne Uwacu.

Mu myaka mike ishize Habineza yaje kugirwa Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubwishingizi buciriritse cya Radiant Yacu, kibarizwa muri Radiant itanga ubwishingizi butandukanye.

Yitabye Imana nyuma y’igihe atakiri muri izo nshingano.

Hari amakuru ko yabanje kujya kwivuriza muri Nigeria, ahava akomereza i Nairobi muri Kenya ari naho yaguye.

Yitabye Imana nyuma y’iminsi mike yizihije isabukuru y’imyaka 33 arushinze na Kampororo Kajyambere Justine, bashyingiranywe ku wa 13 Kanama 1988, babyarana abana bane, abahungu batatu n’umukobwa umwe.

Yigeze kuvuga ko mu buto bwe atatekerezaga kujya muri politiki, ariko ibihe igihugu cyaciyemo byatumye biba ngombwa.

Ati “Kwinjira muri politiki buriya navuga ko byangwiririye.” Yari mu kiganiro na televiziyo y’igihugu.

Ubwo abantu bajyaga mu mashyaka menshi, we yakoraga muri Bralirwa mu bijyanye n’ikoranabuhanga, agakina Volleyball kandi ngo akumva bimuhagije.

Mbere gato ya jenoside muri Gashyantare 1994, Habineza yaje gutegura umukino wa volleyball wahuje abana b’i Nyamirambo aho yakuriye n’abana bo ku Mulindi babaga muri FPR, witabiriwe n’abantu barenga ibihumbi 10.

Interahamwe ngo zaje kumwijundika zimushinja gukorana na FPR, ziza kumutera iwe mu rugo, arahunga.

Ati “Icyo gihe nibwo navuze ngo ariko rero ibi bintu ntabwo byoroshye. Aho kugira ngo umuntu agume ahangaha atazi aho ahagaze cyangwa iki, reka njyewe noneho njye gushaka umutekano wanjye muri FPR.”

Yitabye Imana nyuma y’iminsi itatu yanditse ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa avuga ko bakumbuye Se, Jean Utumabahutu. Yitabye Imana ku wa 15 Kanama 2018, na we agwa i Nairobi muri Kenya.

Daddy, 3 years already, gone but never forgotten, you will be always in our hearts. We miss you. Aheza mw’ijuru 😢 💔🙏🙌 pic.twitter.com/4YvaL6eP0k

— Joe Habineza (@JoeHabineza) August 16, 2021

Yari amaze iminsi atangaza ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa busa n’ubw’umuntu uri mu bibazo bimukomereye, ariko usabwa gukoresha imbaraga zose n’ukwihangana kugira ngo abashe kubitsinda.

Ubutumwa bwa nyuma yabutagaje mu minsi itatu ishize, ku wa 17 Kanama 2020.

 

TAGGED:featuredHabineza Joseph
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UGHE Igiye Guha Impamyabumenyi Abanyeshuri 23 Basoje Master’s
Next Article Putin Yagize Icyo Avuga Ku Batalibani Baherutse Kwisubiza Afghanistan
1 Comment
  • Pingback: RIP Joseph Habineza | Les Nouvelles de Kigali à Bruxelles – via Dakar

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?