Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Habonetse Ibinini Birinda Abanduye COVID-19 Kuremba Kuri 50%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Habonetse Ibinini Birinda Abanduye COVID-19 Kuremba Kuri 50%

Last updated: 01 October 2021 5:52 pm
Share
SHARE

Ikigo gikora imiti cyo muri Amerika, Merck, cyatangaje ko igerageza ryakorwaga ku binini cyakoze byitwa Molnupiravir ryatanze icyizere gikomeye, ku buryo bishobora kugabanyiriza uwanduye COVID-19 ibyago byo kuremba kuri 50%.

Icyo kigo cyahise gitangaza ko kigiye gusaba Urwego rugenzura imiti n’ibiribwa muri Amerika (US FDA) uburenganzira bwo kuba uwo muti wakoreshwa mu buryo bw’ubutabazi, buzwi nka Emergency Use Authorization (EUA).

Hamaze iminsi hashakishwa umuti wafasha abantu guhangana na COVID-19, wakunganira inkingo zamaze kwemezwa.

Umuyobozi Mukuru wa Merck, Robert Davis, yatangaje ko nyuma y’ibyavuye mu igerageza, hari icyizere ko Molnupiravir ishobora kuba umuti w’ingenzi cyane mu guhangana n’iki cyorezo.

Uwo muti unyuzwa mu kanwa wakorewe kuvura ibicurane, uza guhabwa ubushobozi bwo kuyobya virus itera COVID-19 ku buryo itabasha gukwirakwira mu ngingo zituma umuntu azahara.

Mu igerageza, Merck n’ikigo Ridgeback Therapeutics byasesenguye ibipimo by’abantu 775 barimo kimwe cya kabiri bahawe Molnupiravir mu minsi itanu – inshuro ebyiri ku munsi – abandi bahabwa ikinini kidafite ubushobozi (placebo).

Bose byari byaremejwe ko banduye COVID-19 ndetse banagaragaza ibimenyetso.

Byaje kugaragara ko mu barwayi bahawe Molnupiravir, 7.3 ku ijana bajyanywe mu bitaro kugeza ku munsi wa 29, ugereranyije na 14.1 ku ijana mu batarafashe uriya muti. Bigaragaza ko ibyago byo kuremba byagabanyutseho 50%.

Muri babantu batafashe umuti kandi hapfuyemo umunani, mu gihe mu bafashe kiriya kinini nta wapfuye.

Ntabwo ariko biriya bipimo birasesengurwa n’abahanga bigenga, ngo babitangeho ibitekerezo.

Imibare y’ibanze igaragaza ko kiriya kinini gikora neza kuri virus yihinduranyije ya Delta, kandi nta mpungenge giteye ku buzima.

Ibipimo by’igerageza ngo byarigaragaje cyane ku buryo igerageza barihagaritse ritarangiye.

Umwalimu mu bijyanye n’ibyorezo muri Kaminuzaya Oxford, Peter Horby, yavuze ko iyi ari intambwe ishimishije, nk’uko AFP yabitangaje.

Ati “Uburyo bwizewe, buhendutse kandi butanga umusaruro bukoreshwa ku kinini umuntu anyuza mu kanwa bwaba ari intambwe ikomeye mu guhangana na Covid.”

Gusa bamwe mu mpuguke bavuze ko habaho kwitonda, imibare yose yo mu igerageza ikabanza igashyirwa ahabona.

Impuguke zivuga ko mu gihe uriya muti waba wemejwe byaba byiza ugiye utangwa umurwayi agifatwa, kubera ko abantu bafite ibyago byinshi byo kuremba byoroshye kubamenya ku ijanisha ryo hejuru.

Merck yatangaje ko iteganya gukora ibinini miliyoni 10 bya Molnupiravir kugeza mu mpera z’uyu mwaka wa 2021.

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko uwo muti niwemerwa na US FDA, izagura ufite agaciro ka miliyari $1.2.

 

 

TAGGED:AmerikaCOVID-19featuredMolnupiravir
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Bari Gutegurirwa Kurwanya Ingabo Zagiye Muri Cabo Delgado
Next Article Cardinal Kambanda Yashyizwe Mu Rindi Huriro Ry’Aba ‘Cardinals’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?