Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Habonetse Ibinini Birinda Abanduye COVID-19 Kuremba Kuri 50%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Habonetse Ibinini Birinda Abanduye COVID-19 Kuremba Kuri 50%

admin
Last updated: 01 October 2021 5:52 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo gikora imiti cyo muri Amerika, Merck, cyatangaje ko igerageza ryakorwaga ku binini cyakoze byitwa Molnupiravir ryatanze icyizere gikomeye, ku buryo bishobora kugabanyiriza uwanduye COVID-19 ibyago byo kuremba kuri 50%.

Icyo kigo cyahise gitangaza ko kigiye gusaba Urwego rugenzura imiti n’ibiribwa muri Amerika (US FDA) uburenganzira bwo kuba uwo muti wakoreshwa mu buryo bw’ubutabazi, buzwi nka Emergency Use Authorization (EUA).

Hamaze iminsi hashakishwa umuti wafasha abantu guhangana na COVID-19, wakunganira inkingo zamaze kwemezwa.

Umuyobozi Mukuru wa Merck, Robert Davis, yatangaje ko nyuma y’ibyavuye mu igerageza, hari icyizere ko Molnupiravir ishobora kuba umuti w’ingenzi cyane mu guhangana n’iki cyorezo.

Uwo muti unyuzwa mu kanwa wakorewe kuvura ibicurane, uza guhabwa ubushobozi bwo kuyobya virus itera COVID-19 ku buryo itabasha gukwirakwira mu ngingo zituma umuntu azahara.

Mu igerageza, Merck n’ikigo Ridgeback Therapeutics byasesenguye ibipimo by’abantu 775 barimo kimwe cya kabiri bahawe Molnupiravir mu minsi itanu – inshuro ebyiri ku munsi – abandi bahabwa ikinini kidafite ubushobozi (placebo).

Bose byari byaremejwe ko banduye COVID-19 ndetse banagaragaza ibimenyetso.

Byaje kugaragara ko mu barwayi bahawe Molnupiravir, 7.3 ku ijana bajyanywe mu bitaro kugeza ku munsi wa 29, ugereranyije na 14.1 ku ijana mu batarafashe uriya muti. Bigaragaza ko ibyago byo kuremba byagabanyutseho 50%.

Muri babantu batafashe umuti kandi hapfuyemo umunani, mu gihe mu bafashe kiriya kinini nta wapfuye.

Ntabwo ariko biriya bipimo birasesengurwa n’abahanga bigenga, ngo babitangeho ibitekerezo.

Imibare y’ibanze igaragaza ko kiriya kinini gikora neza kuri virus yihinduranyije ya Delta, kandi nta mpungenge giteye ku buzima.

Ibipimo by’igerageza ngo byarigaragaje cyane ku buryo igerageza barihagaritse ritarangiye.

Umwalimu mu bijyanye n’ibyorezo muri Kaminuzaya Oxford, Peter Horby, yavuze ko iyi ari intambwe ishimishije, nk’uko AFP yabitangaje.

Ati “Uburyo bwizewe, buhendutse kandi butanga umusaruro bukoreshwa ku kinini umuntu anyuza mu kanwa bwaba ari intambwe ikomeye mu guhangana na Covid.”

Gusa bamwe mu mpuguke bavuze ko habaho kwitonda, imibare yose yo mu igerageza ikabanza igashyirwa ahabona.

Impuguke zivuga ko mu gihe uriya muti waba wemejwe byaba byiza ugiye utangwa umurwayi agifatwa, kubera ko abantu bafite ibyago byinshi byo kuremba byoroshye kubamenya ku ijanisha ryo hejuru.

Merck yatangaje ko iteganya gukora ibinini miliyoni 10 bya Molnupiravir kugeza mu mpera z’uyu mwaka wa 2021.

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko uwo muti niwemerwa na US FDA, izagura ufite agaciro ka miliyari $1.2.

 

 

TAGGED:AmerikaCOVID-19featuredMolnupiravir
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Bari Gutegurirwa Kurwanya Ingabo Zagiye Muri Cabo Delgado
Next Article Cardinal Kambanda Yashyizwe Mu Rindi Huriro Ry’Aba ‘Cardinals’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?