Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Habonetse Urukingo Rushya Rwa COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Habonetse Urukingo Rushya Rwa COVID-19

Last updated: 03 November 2021 6:40 pm
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) ryemeje COVAXIN nk’urukingo rushya rwa COVID-19, ruba urwa munani mu zirimo kwifashishwa mu guhangana n’iki cyorezo gikomeje guhitana benshi ku isi.

Uru rukingo rukorwa n’ikigo Bharat Biotech cyo mu Buhinde umuntu aruhabwa inshuro ebyiri, hagati y’urukingo n’urundi hakajyamo ibyumweru bine.

Ku ikubitiro ruzahabwa abantu bafite imyaka 18.

WHO yavuze ko mu igerageza basanze Covaxin irinda umuntu wanduye virus ya SARS-CoV-2 adashobora kuremba ku kigero cya 78%.  Ni ubwirinzi buboneka nyuma y’iminsi 14 kuzamura, uhereye igihe yaherewe urukingo rwa kabiri.

Ni urukingo kandi rubikwa ku bukonje bwo hasi, ku buryo kurubika byakorohera ibihugu bikennye bidafite firigo zikonjesha cyane nk’izikenerwa ku nkingo za Pfizer.

WHO yatangaje iti “Itsinda ry’abajyanama mu bya tekiniki ryakoranyijwe na WHO rigizwe n’inzobere mu bugenzuzi hirya no hino ku isi, ryemeje ko Covaxin yujuje ibisabwa na WHO mu kurinda COVID19, ko inyungu z’uru rukingo ziruta kure impungenge zishobora kurukomokaho, bityo rushobora gukoreshwa.”

Kugeza ubu imibare ijyanye n’uburyo uru rukingo rwamera ku bagore batwite ntabwo iraboneka, ku buryo inyigo zabyo ziteganywa mu gihe kiri imbere.

Inkingo zamaze kwemezwa za COVID-19 zirimo Comirnaty yakozwe na Pfizer na BioNTech, AstraZeneca, Janssen, Moderna, Sinovac na Sinopharm.

TAGGED:COVAXINCOVID-19featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umurimo Bahanze Wagiriye Akamaro N’Abana Baba Ku Muhanda
Next Article Intara y’Amajyepfo Yatanze Imisoro Ya Miliyari 44.5 Frw Mu 2020/2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?