Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Haratutumba Intambara Ikomeye Hagati Ya Armenia Na Azerbaijan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Haratutumba Intambara Ikomeye Hagati Ya Armenia Na Azerbaijan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2023 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe isi yibaza igihe intambara y’Uburusiya na Ukraine izarangirira, hari indi iri gututumba hagati y’ibihugu bibiri byahoze bigize Leta yunze ubumwe y’Abasoviyete ari byo Azerbaijan na Armenia.

Amakuru y’ubutasi avuga ko ingabo za Azerbaijan ziri kwegera cyane umupaka w’iki gihugu na Armenia, neza neza nk’uko Uburusiya bwabanje kwikusanyiriza hafi ya Ukraine mbere yo kuyitera mu ntangiriro z’umwaka wa 2022.

Ikindi ni uko ingabo za Azerbaijan zirwanira mu kirere zimaze iminsi mu myitozo ikomeye zikorera mu kirere cyazo ndetse n’icya Israel, byombi bikaba ari inshuti mu gihe Armenia yo ari inshuti ya Iran.

Umwe mu bakurikiranira hafi uko iby’intambara bitangira witwa Kyle Glen avuga ko n’ubwo hari abashobora kubona ibiri kubera mu gice biriya bihugu byombi biherereyemo nk’aho ari ibisanzwe, ariko ngo mu by’ukuri si ibyo kurebera .

Ibirango by’imodoka za gisirikare za Azerbaijan ni inyunguti za A ndetse na F.

Ibirango by’iz’Uburusiya byo ni inyuguti ya V na Z.

Iby’uko intambara kandi ishobora kurota, byemezwa n’abayobozi muri Guverinoma ya Armenia.

Umwe muri bo ukora muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga witwa Vahan Kostanyan yabwiye Telegraph ati: “ Turabona neza ko bari kwitegura intambara. Niyo itahita iba, ariko niho biganisha.”

Ku ruhande rwa Azerbaijan, ntacyo baratangaza ku by’uko bashaka gutera Armenia.

Intandaro y’iyi ntambara ni agace k’imisozi miremire ibihugu byombi bipfa kitwa Nagorno-Karabakh, kakaba agace ibihugu byombi byarwaniye guhera mu mwaka wa 1991.

Ni ngombwa kuzirikana kandi ko no mu mwaka wa 2020 hari indi mirwano hagati y’ibi bihugu yabereye muri kiriya gice igwamo abantu batari munsi ya 7,000 mu gihe cy’ukwezi kumwe n’iminsi irindwi.

Icyo gihe Azerbaijan yatsinze Armenia binyuze mu gukoresha indege z’intambara yari yahawe na Turikiya.

Uburusiya nibwo bwaje kunga impande zombi.

Muri iki gihe( mu mwaka wa 2023) bivugwa ko Perezida wa Azerbaijan witwa Ilham Aliyev ashaka kwirukana muri kariya gace abantu bose biyitira Armenia, bakakavamo burundu.

Abasesengura bavuga ko azabikora muri iki gihe kubera ko isi isa n’ihugiye cyane mu by’intambara y’Uburusiya na Ukraine k’uburyo ntawe uzaza kumubuza gushyira mu bikorwa imigambi ye.

Kimwe mu bihugu by’ingenzi bifasha Armenia ni Uburusiya.

Kuba muri iki gihe buri mu ntambara, ni byo byatumye ubutegetsi bw’i Baku( umurwa mukuru wa Azerbaijan) bubona icyuho cyatuma butegura intambara ikomeye kuri Armenia.

Intambara ya Ukraine yatumye Uburusiya bugabanya imbaraga bwashyiraga mu kurinda Armenia none umwanzi wayo agiye kuyibonerana.

Indi ngingo yashyize Armenia mu bibazo ni uko  nyuma y’intambara Uburusiya bwagabye kuri Ukraine, Azerbaijan yatabaye Abanyaburayi ibaha gazi kuko iyo Uburusiya bwabahaga bwabaye buyigabanyije cyane.

Abahanga kandi bavuga ko intambara hagati y’ibihugu byombi niyubura, izaguka kurusha uko byagenze mu mwaka wa 2020.

Israel na Turikiya na Pakistan bishobora gufasha Azerbaijan n’aho Iran n’Ubuhinde bigafasha Armenia.

Isi ya none iri mu kaga k’amoko yose!

TAGGED:ArmeniaBurusiyafeaturedIntambaraIsiUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gahunda Ya BK Ntaho Itaniye N’Iya Leta-Dr. Diane Karusisi
Next Article Huye: Basize Bakingiranye Abana Mu Nzu Bahiramo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?