Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Icyizere Ko Umunyamakuru Wa Jeune Afrique Ari Burekurwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hari Icyizere Ko Umunyamakuru Wa Jeune Afrique Ari Burekurwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2024 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gukatirwa gufungwa amezi atandatu byemejwe n’urukiko rw’i Kinshasa, hari ikizere ko umunyamakuru wa Jeune Afrique witwa Stanis Bujakera ashobora gufungurwa mu masaha make ari imbere.

Yafunzwe kuva ku itariki ya 8 Nzeri, 2023, azira ibyo ubushinjacyaha bwitaga gutangaza ibihuha.

Kuri uyu wa Mbere taliki 18, Werurwe, 2024 nibwo icyo cyemezo cy’urukiko rwo mu murwa mukuru Kinshasa cyatangajwe, bikaba bisobanuye ko ashobora kurekurwa mu masaha make ari imbere kubera ko ayo mezi atandatu yari ayamaze mu buroko.

Inteko iburanisha yamuhamije gukwirakwiza ibihuha no gukoresha inyandiko mpimbano, imukatira gufungwa amezi atandatu no kuriha ihazabu ya $ 400(angana na 516,000Frw).

Actualité.cd  yakoreraga muri DRC yanditse ko yamaganye icyo gihano yakatiwe kandi ko umuyobozi wungirije w’iki kinyamakuru azajuririra icyo cyemezo cy’urukiko.

Umushinjacyaha Serge Bashonga yari aherutse kumusabira gufungwa imyaka 20 ku birego byo gukwirakwiza inyandiko mpimbano zijyanye n’ubutasi bwa gisirikare ku rupfu rw’umunyapolitiki utaravugaga rumwe n’ubutegetsi witwa Chérubin Okende.

Muri Nyakanga, 2023 nibwo umurambo wa Okende bawusanze mu modoka ye ahitwa Limeté mu Murwa mukuru Kinshasa.

Yari asanzwe ari mu ishyaka ry’utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa witwa Moïse Katumbi ufite ishyaka ryitwa Ensemble Pour La République.

Stanis Bujakera akorera na Jeune Afrique n’Ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters.

Bujakera yarezwe kwandikira Jeune Afrique inkuru ishinja ba maneko ba Congo kwica Okende, amezi arenga gato atatu mbere y’uko haba amatora ya Perezida.

Okende yahoze ari Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu ariko aza kwegura mu Ukuboza, 2022.

Ubwo yapfaga, yari Umudepite akaba n’umuvugizi w’ishyaka Ensemble Pour La République rya Katumbi.

Iby’uko Bujakera ashobora kuza kurekurwa mu masaha make ari imbere byatangajwe bwa mbere na BBC kuri uyu wa Kabiri taliki 19, Werurwe, 2024.

Stanis Bujakera mu ndege aganira na Moïse Katumbi
TAGGED:BujakeraDRCfeaturedibihuha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwateguye Ibitero Bya Hamas Kuri Israel Yishwe
Next Article Ikoranabuhanga Rya RURA Ryo Gufasha Abagenzi Muri Kigali Ntirikora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?